Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Gicurasi 2017, bohereje itsinda rijya gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu Karere ka Karongi mu Ntara y’u Burengerazuba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rwanza, Eugenie Mukamana, avuga ko bahisemo gusura Urwibutso rwa Bisesero, kuko bumvaga amateka yaho bakagira amatsiko yo kuhigerera ngo bayamenye neza.
Mukamana ati “Twahisemo kujya dusura inzibutso, ntabwo ari uyu mwaka bikozwe gusa umwaka ushize twasuye urwibutso rwa Murambi mu Karere ka Nyamagabe, tuvuyeyo twahise twiha intego yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero bitewe n’amateka twahumvaga, uburyo abatutsi baho bagize ubutwari bwo kwirwanaho muri Jenoside”.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rwanza bakimara kugera mu Bisesero basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi n’uburyo Abatutsi bari bahungiye mu misozi ya Birambo, Nyakigugu, Kagari, ndetse na Muyira iherereye mu Murenge wa Rwankuba mu Kagari ka Bisesero babanje kugira ubutwari bwo kwirwanaho mbere yo kwicwa n’interahamwe.
Abaganiriye na IGIHE bavuga ko batahanye umuhigo wo kurushaho gukorera hamwe, kwirinda amacakubiri no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwo mu Bisesero rushyinguyemo imibiri y’abahiciwe barenga ibihumbi 50.



















TANGA IGITEKEREZO