00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gisagara: Umugabo yishe umugore we amukubise ipiki

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 22 January 2024 saa 01:12
Yasuwe :

Mu murenge wa Nyanza, Akagari ka Higiro,Umudugudu w’Agatare, haravugwa inkuru y’urupfu rw’umugore wishwe n’umugabo we amukubise ipiki.

Byabaye mu ijoro rishyira kuwa 22 Mutarama 2024 aho umugabo ukekwa yahise atoroka.

Bivugwa ko uyu mugabo yishe uyu mugore we Ayingineye mu gicuku mu masaha ya saa saba z’ijoro.

Abahageze batabaye basanze umurambo wa Nyakwigendera uryamye mu mbuga mu rugo ipiki igishinze mu ijosi.

Uwaganiriye na IGIHE yavuze ko intandaro y’uru rupfu atayimenye neza,ariko yongeraho ko uyu muryango wo wari usanzwe ubanye mu makimbirane.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyanza wabereyemo aya ubu bwicanyi, Rutaganda Jean Félix, yemereye IGIHE iby’aya makuru, avuga ko inzego z’ibanze ndetse n’iz’iperereza zamaze kugera ahabereye icyaha.

Ati “Ubu turi gushaka uko twakurikirana dufatanyije n’urwego rw’ubugenzacyaha, RIB ngo tumenye inzira yanzumo acika".

Uyu nyakwigendera asize abana babiri.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages