00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gisagara: Umuyaga wasambuye ibyumba 11 by’amashuri, abana batatu barakomereka

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 19 October 2022 saa 09:20
Yasuwe :

Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu yasambuye ibyumba by’amashuri 11 by’Urwunge rw’Amashuri rwa Munazi mu Karere ka Gisagara, abana batatu barakomereka ariko mu buryo bworoheje.

Iyo mvura yaguye hagati ya Saa Cyenda na saa Kumi z’igicamunsi.

Umuyobozi w’iryo shuri, Gashumba Pacifique, yabwiye IGIHE ko uwo muyaga watunguranye abana basohoka bagwirirana hakomereka batatu.

Ibikoresho byabo n’iby’ishuri byangiritse kuko birukanse babisize. Mu byumba 14 iryo shuri risanganwe hasigaye bitatu gusa. Igikoni cy’ishuri nacyo cyasenyutse.

Uyu muyobozi yavuze ko abana bari bakwiye imishwaro bagaruwe ku ishuri barahumurizwa babona gutaha iwabo.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme, yabwiye IGIHE ko bakomeje kubarura ibikoresho byangiritse kugira ngo ejo bazakore ubutabazi bw’ibanze bashakira abana ahandi baba bakomereza amasomo.

Yavuze ko biteguye no guhita basana ibyumba by’amashuri byangiritse kugira ngo bitabangamira imyigire y’abana.

Bari gushaka uburyo abana baba bigira ku rindi shuri ryegeranye n’iryabo.

Usibye ibyumba by’amashuri 11 byasambutse, hasakambutse n’inzu esheshatu z’abaturage mu Kagari ka Munazi mu Murenge wa Save n’izindi umunani zo mu Murenge wa Ndora.

Abaturage basenyewe n’umuyaga babaye bacumbitse mu baturanyi kugira ngo ejo hazarebwe uko bafashwa.

Imwe mu mirenge yo mu Karere ka Gisagara ikunze kwibasirwa n’ikiza cy’umuyaga ku buryo hakenewe uburyo bwihariye bwo gusakara inzu.

Nta mvura yaherukaga kugwa mu Karere ka Gisagara kuko imaze iminsi yarabuze nubwo ari mu bihe byayo.

Ibyumba 11 by'amashuri byasenywe n'umuyaga

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages