Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Hiace ikorera sosiyete RFTC yavaga ku Gisozi yerekeza mu Mujyi (Centre ville) yakoreye impanuka mu ikoni riri imbere y’urusengero rw’Abadivantisiti, bamwe mu bagenzi bari bayirimo barakomereka.
Nk’uko bitangazwa na Alphonse Nziryayo ushyiramo abagenzi akanishyuza (uzwi nka Komvuwayeri) muri iyo modoka, iyi modoka nta muvuduko ukabije yari ifite, ahubwo yabuze feri ubwo yajyaga gukuramo umugenzi, bituma igonga igikuta cy’inzu cyane ko hanamanuka kandi ari mu ikoni.
Yagize ati “Umushoferi yashatse guhagarara ahitwa kuri Café ngo akuremo umugenzi imodoka yanga guhagarara akomeza ayihendehenda kugeza ubwo twaje kugonga aha.”
Uyu musore yakomeje avuga atibuka umubare w’abantu bari bari muri iyi modoka ariko agahamya ko bahagurutse kuri ULK afitemo abagenzi bagera kuri 12.
Nyuma y’iyi mpanuka Polisi n’imbangukiragutabara bahise bahagera ngo bakore ubutabazi abakomerekeye muri iyo mpanuka.
Gusa benshi mu bagenzi bari muri iyi modoka bakaba bashimye Imana nyuma y’uko nta n’umwe muri bo wapfuye uretse ko umushoferi yakomeretse bikomeye ku buryo hari n’abavuga ko ashobora kuhasiga ubuzima.
Iyi ibaye impanuka ya kabiri ibereye mu bice bya Gisozi muri uyu munsi, nyuma y’aho indi modoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yacitse feri ikaruhukira mu mukingo, ariko na yo ikaba ntawe yahitanye.



















TANGA IGITEKEREZO