Ahagana saa Saba z’amanywa yo kuri uyu wa Kane tariki 28 Ukuboza 2023,nibwo amakuru y’uko uyu mugore yashizemo umwuka yamenyekanye atanzwe n’umugabo we.
Abaturage babwiye BTN ko umugabo wa nyakwigendera ari we waje kubahuruza ababwira ko umugore we yapfuye yiyahuye.
Umugore umwe yagize ati “Umugabo yamanutse agera mu rugo hashize akanya ahageze aravuga ngo bamutabare, abantu bajyayo basanga amanitse mu mugozi yambaye umwenda bararana.”
Umukobwa wakoreraga akazi ko mu rugo uyu mugore we yagize ati “ Nari ndi mu rugo numva umuntu twari dufitanye gahunda arampamamagaye arambwira ngo nyokobuja yapfuye, icyo nifuza n’uko bajya kumusuzuma bakamenya icyamwishe.”
Yakomeje avuga ko yaganiraga na nyirabuja cyane kandi nta kintu yamuhishaga ndetse adakeka ko yashoboraga kwiyahura.
Gusa bamwe mu baturage bo muri aka gace bavuga ko uyu mubyeyi ashobora kuba yishwe ndetse bifuza ko inzego zibishinzwe zibikurikirana.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Musezero, Habumuremyi Egide, yavuze ko amakuru bafite ari ay’uko uyu mubyeyi yiyahuye.
Ati “ Icyo duhamya n’uko yapfuye yiyahuye ikindi n’uko nta makimbirane tuzi yari afitanye n’umugabo we twaba tuzi mu rwego rw’akagari, kumenya icyaba cyamwishe rero iperereza ryatangiye.”
Uyu mubyeyi wapfuye yasize umwana w’imyaka ibiri. Umurambo wajyanywe ku bitaro bya Kacyiru gukorerwa isuzumwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!