Ubwo buryo bwo kugenzura imizigo uhereye ku cyambu, bwatangajwe mu mpera z’icyumweru gishize, na Komiseri wa Gasutamo mu Rwanda, Tugirumuremyi Raphael, mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa gasutamo.
Agaruka kuri byinshi byagezweho, Komiseri wa gasutamo Tugirumuremyi yavuze ko ikoranabuhanga u Rwanda rwarishyize ku mwanya w’imbere, ngo kuko rifasha mu korohereza abakora ubucuruzi ribarinda gutakaza umwanya n’amafaranga.
Ku rwego rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, hamaze kujyaho uburyo bufasha mu kwihutisha ubucuruzi burimo ubwo gusoresha igicuruzwa rimwe (Single Customs Territory), kugenzura ibicuruzwa byoherejwe mu mahanga n’ibyaturutseyo (Electronic Single Window) n’ubundi buryo butandukanye.
Tugirumuremyi yavuze ko ikoranabuhanga rinafasha kugabanya imikorere mibi irimo uburiganya, ngo kuko amakuru aba asangirwa n’inzego zitandukanye bikoroha no kuyagenzura.
Tugirumuremyi yongeyeho ko uburyo bwa Electronic Cargo Tracking System butegerejweho gufasha mu kugenzura imizigo yambukiranya imipaka n’ibishobora kuyikorerwaho no kurinda ibikorwa bya magendu.
Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro, Tusabe Richard yasabye abakozi ba gasutamo gukomeza kurangwa n’ubunyangamugayo barushaho gutanga servisi nziza.
Komiseri Mukuru Tusabe, yashimiye ubwitange abakozi muri gasutamo bagaragaza, avuga ko kuba hari ikoranabuhanga bidahagije, ko ahubwo ubwitange no gukora nk’abikorera nabyo biri mu bituma babasha kugera ku ntego.
Mu gice cy’umwaka kirangiye serivisi za gasutamo zabashije kwinjiza amafaranga agera ku 111% y’intego bari bihaye.



















TANGA IGITEKEREZO