Wubatswe ku nkunga y’u Buyapani binyuze mu Kigo cyabwo cy’Iterambere cya JICA, ukaba ugizwe n’itiyo ifite umurambararo wa milimetero 900 wasimbujwe uwari usanzwe wa milimetero 600.
Uyu muyoboro gufasha mu gutanga amazi mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali ku baturage barenga ibihumbi 440.
Ni ibice birimo iby’i Gasanze, ku Gisozi, Kibagabaga, Nduba, Jabana mu Karere ka Gasabo. Bizafasha kandi n’abaturage b’i Runda mu Karere ka Kamonyi kubona amazi babikesha uyu muyoboro mushya.
Ubusanzwe Uruganda rwa Nzove rufite ubushobozi bwo gutunganya metero kibe ibihumbi 120 z’amazi ku munsi. Bijyanye n’uko imiyoboro ari mike, rutanga meterokibe ibihumbi 73 ku munsi ashobora kongerwa akagera ku bihumbi 80.
Uyu muyoboro watashywe uyu munsi ukaba ufite ubushobozi bwo kujyana amazi ku kigega cya Ntora angana n’ibilometero ibihumbi 53 ku munsi avuye kuri meterokibe ibihumbi 37 ku munsi.
Umuyobozi Mukuru wa WASAC Group, Prof Omar Munyaneza yavuze ko uyu munsi u Rwanda rugeze ku kigero cya 82,3% by’abafite amazi.Yavuze ko mu Mujyi wa Kigali imibare iri hejuru ya 90%, kandi ko hari imishinga iri gushyirwa mu bikorwa kugira ngo amazi agezwe ku Baturarwanda bose.
Ati “Hano dufite uruganda rwubatswe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwagombaga gutanga meterokibe ibihumbi 40 by’amazi ku munsi ariko ubu ruri gutanga ibihumbi 17.”
Yavuze ko kuri ubu bari mu bufatanye na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, BAD aho igiye gusana urwo ruganda rugatanga izo meterokibe, akavuga ko ubu abakozi b’impande zombi bari gukorana kugira ngo iyo mirimo yihutishwe.
Prof Munyaneza yavuze ko BAD izanye miliyoni 274$ zizafasha mu kugeza amazi meza mu turere 13 tw’igihugu, harimo uruganda runini ruzubakwa ku mugezi wa Akanyaru, ukazaha amazi uturere twa Huye, Nyaruguru na Gisagara 100%.
Uyu mushinga kandi uzafasha abo mu turere nka Gatsibo, Kayonza, Ngoma, Gicumbi, Rutsiro, Karongi n’utundi.
Uyu muyoboro wubatswe wakiranywe n’abaturage na yombi bagiye kugezwaho aya mazi, aho nka Munyansanga Jean Chrysostome wo mu Murenge wa Nduba, akavuga ko ari bwo bwa mbere babonye umuyoboro nk’uwo.
Ati “Abenshi twavomaga mu bishanga, abandi bakajya ahandi, udashoboye akavomesha ku giciro cyo hejuru. Uwishyuraga ibihumbi 150 Frw ku kwezi, ubu amenshi yishyura ni ibihumbi 10 Frw. Amazi yageze hose haba mu mashuri, ibitaro ndetse yatanze n’akazi ku bafite utuzu tw’amazi. Ubu ni ibyishimo.”
Uretse umuyoboro munini JICA yubatse, iki kigo cyanubatse sitasiyo nshya irimo imashini yohereza amazi iri mu Nzove, ivugurura ikigega cya Ntora n’amatiyo ajyana amazi mu bice bya Kigali no hanze yayo, cyubaka n’ikigega gishya kizajya gishyirwamo amazi angana na meterokibe 200 kugira ngo n’abaturiye Ntora babone amazi.
U Buyapani kandi buri gufasha WASAC Group gukura amazi mu Nzove akajyanwa mu bice bya Remera mu Karere ka Gasabo, umushinga watangiye gushyirwa mu bikorwa, ariko amazi akazafatirwa ku kigega cya Ntora, akazagera no mu Cyanya cy’Inganda cya Masoro.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Isao Fukushima, yavuze ko iyi nkunga ya miliyari 3,2 z’Ama-Yen yatanzwe ngo uyu muyoboro wubakwe, ari yo nkunga nini igihugu cye gitanze mu bijyanye no kugeza amazi meza ku Baturarwanda.
Yavuze ko nubwo u Rwanda rurangajwe imbere no kugeza amazi ku barutuye 100%, hakiri ibibazo biterwa n’impamvu zitandukanye bigatuma amazi atakara agera kuri 40%, na ho 60% akaba ari yo agezwa ku baturage.
Ati “Mu guhangana n’icyo kibazo, u Buyapani bubinyujije muri JICA, bwateye inkunga WASAC Group, kugira ngo ibashe gutunganya igishushanyo mbonera cy’uko amazi agezwa ku baturage, kugira ngo uko abageraho bitezwe imbere ndetse no gutunganya imyanda bikorwe neza.”
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Abimana Fidèle, yavuze ko kuri iyi nshuro mu buryo bwo kubungabunga ibi bikorwaremezo, muri WASAC Group bagiye gushyiramo urwego rwihariye rushinzwe gukurikirana ibijyanye no gusigasira iyo miyoboro, ucitse ugasanwa vuba n’ibindi.
Amafoto: Dukundane Ildebrand



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!