Higiro Prosper yongeye gutorerwa kuba Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro ry’Inteko zishinga Amategeko z’Umuryango uhuza ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (FP-ICGRL) kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 20 Mutarama 2014.
Nk’uko tubikesha Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Higiro yatorewe manda y’imyaka itatu mu matora yabereye i Nairobi muri Kenya, ahateraniye inama y’Inteko rusange ya FP-ICGRL.
Muri iyi nama y’uyu muryango, u Rwanda ruhagarariwe na Perezida wa Sena, Bernard Makuza.
Higiro Prosper yari asanzwe kuri uyu mwanya kuva mu mwaka w’2011.
FP-ICGRL igizwe n’Inteko zishinga Amategeko z’ibihugu 12 bigize ICGLR, ari byo u Rwanda u Burundi, Centrafrique, Congo Brazzaville, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Kenya, Uganda, Sudani na Zambiya.



















TANGA IGITEKEREZO