00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hillary Clinton yise “ikigoryi” umunyamakuru waganirije Putin

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 10 February 2024 saa 07:53
Yasuwe :

Hillary Clinton wabaye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, yavuze ko atumva uburyo umunyamerika ashobora kujya mu Burusiya kuganira na Perezida Vladimir Putin badacana uwaka, avuga ko umunyamakuru Tucker Carlson wabikora “ari ikigoryi” gifitiye bamwe umumaro.

Carlson yakoze ikiganiro cyavugishije Isi cyabaye tariki 6 Gashyantare 2024 mu Biro bya Putin i Kremlin.

Carlson ni we wa mbere waganiriye na Putin aturutse muri Amerika kuva u Burusiya bwakwinjira mu ntambara yo muri Ukraine. Ni umuntu wakunze kuvuga ko adashyigikiye ubufasha Amerika iha Ukraine muri iyi ntambara.

Ubwo yaganiraga n’Umunyamakuru Alex Wagner, Hillary Clinton, yavuze ko Carlson mu Burusiya yafashwe nk’igikinisho.

Ati “Uramutse usomye neza uburyo bari kubisobanura mu binyamakuru byo mu Burusiya, muri make baramuseka cyane… ni nk’akabwana [icyana cy’imbwa]”.

“Ntabwo natungurwa aramutse agiranye amasezerano n’ibigo byo mu Busurisiya kuko ni ikigoryi gifite umumaro.”

Yanenze kandi bamwe mu banyamerika, aho yavuze ko atumva ukuntu bashobora kunanirwa guha agaciro ibyo ubutegetsi bwabo bukora ahubwo bagashishikazwa na Putin.

Hillary Clinton yabaye muri Guverinoma ya Obama kuva mu 2009 kugeza mu 2013.

Mu 2016 yagerageje kwiyamamariza kuba Perezida ariko ntibyamuhira mu matora akivuga ko u Burusiya bwayivanzemo bugatuma Donald Trump atsinda.

Hillary Clinton yavuze ko atumva uburyo umunyamerika ashishikazwa no kuganira na Putin
Ikiganiro Putin yagiranye na Tucker Carlson gikomeje kuvugisha abantu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages