00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Huye: Abarenga 70 barimo abahetse impinja bafashwe basengera mu migano

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 5 January 2022 saa 02:30
Yasuwe :

Abantu 78 barimo abagera kuri 11 bahetse impinja mu mugongo bafatiwe mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye basengera ahantu hatemewe mu migano, barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Bafatiwe mu migano iri mu gishanga giherere mu Mudugudu wa Sata mu Kagari ka Bukomeye ku wa Kabiri tariki ya 4 Mutarama 2022 ahagana saa Cyenda z’igicamunsi.

Ni abantu bari mu byiciro bitandukanye basengera mu madini atandukanye. Bari bafite uyoboye amasengesho yabo ariko ntabwo ari umuntu uzwi ufite idini runaka ahagarariye.

Bakimara gufatwa bavuze ko bagiye kuhasengera kuko bumvaga umutima ubahatira guhurira ahantu nk’aho hatari mu rusengero bagasenga. Bari bafite ingoma n’amapendo bifashishaga mu kuririmba.

Ubuyobozi ku bufatanye n’inzego z’umutekano babafashe babajyana mu Stade ya Huye barabaganiriza babagaragariza ikosa bakoze, abatarakingiwe Covid-19 bahise bakingirwa ndetse baranapimwa kugira ngo barebe niba hari abafite ubwandu bw’icyo cyorezo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura, Ngabo Fidèle, yavuze ko abafashwe bakoze ikosa ryo gusengera ahatemewe no kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Ati “Aho hantu bari bari ntabwo hemewe gusengerwa, ahantu hemewe gusengerwa ni mu nsengero zahawe uburenganzira birazwi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko aba bafashwe ku bufatanye bw’inzego z’ibanze n’iz’umutekano.

Ati “Ni abantu barenga ku mabwiriza bagakora ibitemewe kandi ubuyobozi bubasaba kubahiriza amabwiriza n’ubuzima bugakomeza, ibi birimo birakorwa biraturuka ku musaruro inzego z’ibanze twashyizemo dufatanyije n’iz’umutekano. Ni ukugerageza kureba abo bose barenga ku mabwiriza.”

Yakomeje asaba abaturage gukaza ingamba zo kwirinda ndetse n’ugize ibimenyetso akihutira kwipimisha mu kwirinda gukwirakwiza iki cyorezo.

Ati “Covid-19 irahari n’imibare ituruka mu bipimo biba byafashwe niyo mpamvu dushishikariza buri muturage wese kuba yakwirinda na mugenzi we, abafite ibimenyetso bose bakipimisha.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yasabye abasenga kutarenga ku mabwiriza ahubwo bagasengera aho bari kuko hose Imana ibumva.

Ati “Abantu turabasa kwirinda ibitemewe, kujya gusengera ahatemewe kuko bo bavuga ko bagiye gusenga bakurikije buri muntu ikibazo afite ati reka niherere njye gusenga ikibazo gikemuke ariko ntigekemukira mu mashyamba no mu rugo cyakemuka aho uri hose usenze cyakemuka.”

“Turakangurira abantu kwirinda kuko nta kindi kintu kizadufasha kurwanya iki cyorezo usibye gukurikiza amabwiriza duhabwa n’abaganganga.”

Bakimara gufatwa no kuganirizwa bemeye ko bakoze amakosa basaba imbabazi ko batazongera. Bahawe igihano cyo kurara bicaye muri Stade ya Huye banapimwa Covid-19 biyishyuriye ikiguzi kandi buri wese acibwa amande ya 5000Frw.

Ngabo yibukije abaturage ko icyorezo cya Covid-19 kigihari bityo bakwiye kubahiriza amabwiriza yose yashyizweho yo kucyirinda kandi bakirinda ibishuko by’abayobya babajyana mu bikorwa nk’ibyo bitemewe.

Yavuze ko kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 ari bwo buryo buhari bwo gutsinda icyo cyorezo.

Abo bafashwe nyuma y’uko mu ijoro ryo ku Bunani tariki ya 1 Mutarama 2022 ahagana saa Munani z’ijoro abandi bantu 62 bafatiwe mu ishyamba riri mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye barimo kuhasengera barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Abaturage bafashwe bajyanwe muri Stade ya Huye barahugurwa
Mu bafashwe bari gusenga barimo n'abana 11
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yasabye abasenga kutarenga ku mabwiriza ahubwo bagasengera aho bari kuko hose Imana ibumva
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko aba bantu bafashwe ku bufatanye bw’inzego z’ibanze n'iz'umutekano

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .