Mutangana Eugene umwe mu batuye muri uyu mudugudu wa Rugarama waganiriye n’IGIHE, yavuze ko batuye muri uyu mudugudu kuva mu 1996, kuva icyo gihe bizezwa gucanirwa ariko amaso asa nk’ayaheze mu kirere.
Mutangana akomeza avuga ko hari n’igihe basabwe gukusanya umusanzu w’ibihumbi 50 buri rugo mu ngo 80 zari zimaze gutura aho ariko nyuma bakababwira kubireka kuko ngo inyigo yari imaze gukorwa yerekanye ko hasabwaga icyuma (transformateur) cya miliyoni 30 ngo cyari gutanga umuriro ushyitse.
Cishahayo Julienne na we utuye muri uyu mudugudu wa Rugarama avuga ko bababazwa no kubona igihe cyose batakambye basaba umuriro ubuyobozi butarabumvise kandi byari byoroshye ugereranyije n’ahandi [kure] ngo bajya babona warahageze.
Ati “Ubu se twabona iterambere dute nta muriro dufite koko? Ufite agatelefone yaba n’umukecuru ni ukwirirwa ajya i Kizi gucaginga yo. Dufite amashanyarazi hano abantu bakora imishinga bakogosha,bagasudira.”
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Sebutege Ange yemera ko hari ibice byinshi amashanyarazi atarageramo ariko bikaba atari ubushake buke bw’ubuyobozi ahubwo biterwa n’ingengo y’imari iba idahagije.
Yongeraho ko hari gahunda itangirana n’uku kwezi kwa Nzeri 2023 yo gucanira ingo zisaga ibihumbi 23 mu karere hose, agahumuriza n’abatuye muri Rugarama ko bazagerwaho n’amashanyari vuba.
Ati “Bihangane uwo mushinga nicyo uje kudukemurira kandi n’abandi aho bari bizere ko iyi gahunda y’iterambere ry’akarere yo gukwirakwiza ibikorwaremezo barimo kuko kwegerezwa ibikorwaremezo ni uburenganzira bw’umuturage’’.
Akarere ka Huye kageze ku kigero cya 56.4% ku ngo zifite amashanyarazi. Biteganyijwe ko uyu mwaka w’ingengo y’imari ya 2023/2024 izasiga icyo gipimo kigeze kuri 85% hatabariwemo amashanyarazi y’imirasire y’izuba nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!