Ni isoko riri kubakwa ku bufatanye bw’Akarere ka Huye na Rango Investment Group (RIG) igizwe n’abashoramari icyenda biyemeje guhuza imbaraga, rizakorerwamo n’abacuruzi bari hagati ya 450 na 500 rikaba rigizwe n’inyubako eshatu zigerekeranye.
Visi Perezida wa RIG, Ndekezi Eugène, yavuze ko bateganya ko rizaba ryuzuye mu gihe cy’umwaka umwe kandi rizatangirwamo na serivise zitandukanye zirimo n’aho ababyeyi basiga abana.
Yagize ati “Duteganya ko hazaba irerero abagore bazajya basigamo abana kugira ngo babashe gucuruza neza ndetse n’igihe cyo konsa babone aho konkereza hafite umutekano. Turateganya ko rizaba ari isoko rijyanye n’igihe tugezemo”
Hateganyijwe n’ahazakorera ibigo by’imari ku buryo abacuruzi bazajya babona serivise zabyo hafi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye basanzwe barema isoko rya Rango bavuze ko bishimiye ko bazajya bahahira ahantu heza kuko isoko ryari rihasanzwe ryari ritakijyanye n’igihe.
Kalisa Abdallah ati “Mu ryasenywe twaranyagirwaga, abaricururizamo ugasanga ibicuruzwa byabo byangiritse, natwe ntitwisanzure.”
Bishimiye kandi ko bagiye kubakirwa igikorwa remezo kijyanye n’igihe, bityo agace ka Rango kakaba kagiye gutera imbere kurushaho.
Ikindi bishimiye ni uko abiganjemo urubyiruko bazabona akazi mu bikorwa byo kubaka iryo soko.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko iryo soko ari igisubizo ku baturage bakunze kurisaba, ashimira RIG ku bufatanye bagiranye ngo ritangire kubakwa.
Ati “Inshuro zitandukanye abaturage bagiye bagaragaza ko iri soko ryari rishaje ari na ritoya. Muribuka ko mu gihe cya Covid-19 twagiye twifashisha imbuga yo hanze y’isoko ndetse n’ikibuga cy’ishuri abanyeshuri bataratangira. Iri soko ryari rikenewe.”
Hasobanuwe ko muri iryo soko rishya hazashyirwamo n’ahagenewe kubika imboga n’imbuto kugira ngo zitangirika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!