00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibitaro bya CHUB byazirikanye umunsi mpuzamahanga w’abarwayi bibagenera impano

Yanditswe na

Prudence Kwizera

Kuya 22 February 2016 saa 08:09
Yasuwe :

Ibitaro bikuru bya Kaminuza y’u Rwanda CHUB byazirikanye umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku barwayi, bibagenera impano n’ubufasha, mu muhango waranzwe n’ubusabane ndetse n’imbyino bifasha abarwayi gususuruka.

Muri icyo gikorwa hatanzwe inkunga y’amafaranga 175 500, yakusanyijwe n’abakora umwuga w’ubuvuzi muri CHUB izafasha umwana urwaye imbyiko kubona ubushobozi bwo kwivuza.

Uwo munsi mukuru wizihijwe ku Cyumweru, taliki ya 21 Gashyantare 2016, abarwayi bagenewe impano zitandukanye, bahabwa n’umwanya wo gutanga ibitekerezo byabafasha guhabwa serivise nziza z’ubuvuzi, bagaragaza n’ibyifuzo byabo.

Ni umunsi wabimburiwe n’igitambo cya misa yo gusabira abarwayi, hakurikiraho ibirori byafashije abarwayi kugira akanyamuneza no gususuruka, dore ko bamwe bagerageje no gucinya akadiho.

Habaye igitambo cya misa yo gusabira abarwayi

Umwe mu barwayi witwa Jean de Dieu Minani, yabwiye IGIHE ko umunsi nk’uwo ari ingirakamaro, kuko ubafasha kumva ko bitaweho kandi bakagarura icyizere cy’ubuzima bwiza.

Minani ati “Ndishimye n’abandi bose urabona ko bari kumwenyura, ubundi uburwayi buraryana, niyo mpamvu rimwe na rimwe umuntu yiheba ariko igikorwa nk’iki kidukora ku mutima tukumva ko turi kumwe n’abandi kandi batwitayeho."

Christophe Nsengimana nawe urwariye muri ibyo bitaro yagize ati “Uyu munsi wambereye mwiza, kuko uko nari nsanzwe nirirwa, aya masaha nabaga ndi gutengurwa, sinasohokaga hanze, ariko urabona ko nsa n’uworohewe kandi ndishimye”.

Abarwayi bahawe umwanya batanga ibitekerezo

Umuyobozi Mukuru wa CHUB, Dr. Augustin Sendegeya yavuze ko umunsi nk’uwo ari n’umwanya ku bakora umwuga w’ubuvuzi, gusubiza amaso inyuma bakarebera hamwe uko bakomeza kunoza serivise batanga.

Dr. Sendegeya ati “Kubakora umwuga w’ubuvuzi, uyu munsi udufasha gutekereza tugasubiza amaso inyuma tukareba niba ibyo dushinzwe tubikora neza, bikadufasha gufata ingamba zituma turushaho kunoza serivise dutanga”.

Ibitaro bya CHUB byakira abarwayi baturuka mu bitaro 15 by’Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’u Burengerazuba.

Umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana abarwayi, washyizweho na Papa yohani Pawulo wa II mu mwaka wa 1992, ukaba wizihizwa ku rwego rw’Isi buri mwaka tariki ya 11 Gashyantare.

Umuyobozi wa CHUB, Dr Augustin Sendegeya
Abarwariye kuri CHUB bavuze ko umunsi nk'uwo ubagarurira icyizere
Itorero Inyamibwa ryafashije abarwayi gususuruka

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages