Iyi mpanuka yabaye ubwo hasudirwaga imwe muri izi modoka, ihiye ikongeza n’iy’indi. Zose zahiye zirakongoka nta butabazi bwihuse bwahabonetse bwo kuzizimya.
Jean de Dieu Kalinda, umushoferi akaba na nyiri Hiace yahiye, avuga ko yari ifite ubwishingizi bityo akaba yizeye ko hari icyo azafashwa kuko no gushya bitaturutse ku modoka ye.
Yagize ati “Nari mfite ubwishingizi muri SORAS, ubwo nabo bareba kuko tuba twarazishyize mu bwishingizi, bishoboka bakaba batwishyura.”
Ubwo iyi mpanuka yamaraga kuba abayobozi ba koperative yibumbiyemo abakorera ubukanishi mu iri soko rya Rwabayanga bahise baburirwa irengero bitewe ni uko nta bwishingizi bagira.
Abari hafi y’aho izo modoka zahiriye bemeza ko byaba byatewe n’ibishashi by’umuriro byaturutse ku modoka yasudirwaga, byahuye na lisansi.
prudence@igihe.rw}



















TANGA IGITEKEREZO