Mu bibazo bigaragara mu miryango birimo ko hari aho abagabo biharira umutungo wose w’urugo ndetse nubwo umugore yaba akorera amafaranga ugasanga umugabo amutegeka kuyamuha.
Ikindi ni uko hari imiryango ihoramo amakimbirane bigatuma abana bagwingira cyangwa ntibahabwe uburere n’uburezi ndetse n’ikibazo cy’abangavu baterwa inda ugasanga ahanini biturutse ku bibazo biri hagati y’ababyeyi babo.
Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere ry’Igihugu (GMO), mu biganiro rwagiranye n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Huye rwabasabye kwita kuri ibi bibazo.
Umugenzuzi Mukuru w’Uburinganire, Rose Rwabuhihi, yagaragaje ko muri iki gihe ibyo bibazo bigaragara mu miryango bibangamira uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore.
Yagize ati “Icya mbere ni uko mu nteko z’abaturage, mu migoroba y’ababyeyi aho abantu bahurira hose bagomba kugaruka ku kintu kijyanye n’imibanire mu miryango. Ni byiza kuvuga VUP, ibiti bizaterwa, isuku ariko muri ibyo byose nitutibuka uburyo imiryango ibanye, uko dufasha abana bizaba ari ikibazo.”
Bamwe mu Bakuru b’Imidugudu bari bitabiriye ibyo biganiro bemeye ko bazajya bigisha abo bayobora ibijyanye n’uburinganire n’ubwuzuzanye ariko bifuza ko bahabwa imfashanyigisho.
Murwanashyaka Emile Musinga uyobora Umudugudu wa Gahondo mu Murenge wa Kinazi yagize ati “Dukeneye imfashanyigisho tuzajya twifashisha mu nteko z’abaturage kugira ngo tubashe kugera ku ntego.”
Ni icyifuzo cyashyigikiwe na bagenzi be bayobora indi midugudu, Rwabuhihi akaba yabemereye ko izo mfashanyigisho zigiye gushakwa bakazihabwa.
Abitabiriye ibyo biganiro biyemeje gukomeza guyeza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye banaharanira kurandura burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
























TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!