Ubwo bujura bwabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki ya 24 Mata 2022 mu Mudugudu wa Akanyana mu Kagari ka Rugogwe.
Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko icyo cyumba batoboye cyari kirimo mudasobwa zigera kuri 60 ariko hibwemo 32.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhashya, Rugira Amandin Jean Paul, yabwiye IGIHE ko ubwo bujura bwabaye kandi Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruri kubikoraho iperereza.
Ati “Byabaye ariko ntibirasobanuka neza uko zibwe ariko RIB iri gukora iperereza ryimbitse n’ubu niho bari.”
Mudasobwa zibwe ni izo mu bwoko bwa Positivo abanyeshuri basanzwe bigiraho amasomo y’ikoranabuhanga.
Kuri icyo kigo cy’ishuri hasanzwe hakorwa uburinzi n’abazamu babiri. Ubu batawe muri yombi kugira ngo bakorweho iperereza.
























TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!