00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Huye: Umusore w’imyaka 19 yaterewe ibyuma mu kabari bimuviramo urupfu

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 27 October 2023 saa 07:51
Yasuwe :

Umusore w’imyaka 19 yitabye Imana kuri uyu wa 26 Ukwakira 2023 aguye mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare, nyuma y’umunsi umwe atewe ibyuma na mugenzi we w’imyaka 20 barwaniye mu kabari.

Ibi byabereye mu Mudugudu w’Umuyange, mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye ubwo abo basore bashyamiranaga bari mu kabari bakarwana, noneho basohoka hanze, umwe agahita atera mugenzi we icyuma mu bitugu.

Uyu wakomerekejwe yajyanywe ku bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) gusa yashizemo umwuka bukeye bwaho kuko yari yashegeshwe bikomeye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, Kalisa Constantin, yemereye IGIHE iby’iyi nkuru avuga abarwanye bapfaga amafaranga.

Ati “Hari abasore babiri barwanye bapfa amafaranga, umwe atera icyuma mugezi we, abaturage baradutabaza turagera, uwatewe icyuma ajyanwa kwa muganga aza gupfa bucyeye. Ukekwaho icyaha we twahise tumufata ako kanya tumushikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ngo akurikiranwe’’.

Kalisa akomeza avuga ko abo basore bari basanzwe bitwara nabi, barananiranye mu miryango yabo no muri sosiyete muri rusange.

Yaboneyeho no guha ubutumwa abaturage aho yabasabye kwirinda urugomo, gutangira amakuru ku gihe no kwirinda kwihanira ahubwo bakagana umuyobozi bukabarenganura igihe hari uhemukiwe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages