Mutsindarwejo utuye mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, yabaga mu nzu idashinga, yubakiwe inziza, ifite ubwiherero, ubwogero n’igikoni, anashyikirizwa n’ibindi bikoresho byose byo mu rugo, ibiribwa n’ibindi.
Igikorwa cyo kubimushyikiriza cyabaye ku wa 4 Gicurasi 2017, cyabanjirijwe n’ibikorwa by’abakozi b’iyi Banki byo kuyitera irangi no kuyikoramo isuku.
Mutsindarwejo uvuga ko yabanje kugira uburwayi bukomeye butamwemereraga kuba mu nzu, rimwe na rimwe akagira n’ihungabana yashimiye I&M Bank ati “Ni ukuri ndanezerewe, nabaga mu kazu kabi. Baraje (Ibuka na I&M Bank) barambaza bazi ko ntemera kuko niberaga hanze(kubera uburwayi yamaranye imyaka irindwi). Ndemera baranyubakira mbona inzu nziza iruta iyo nabagamo nyagirwa. Ni ukuri ndishimye kandi Imana ibafashe bazanafashe n’abandi bababaye.”
Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Rukumbeli, Habimana Raymond, yagarutse ku buzima bw’uyu mubyeyi wafashijwe aboneraho umwanya wo gushimira I&M Bank ku gikorwa cyo kumwubakira.
Umuyobozi wa I&M Bank mu Rwanda, Robin Bairstow, yavuze ko muri rusange abakozi bayo bahujwe n’ibintu bitatu, birimo kubaka igihugu, kwibuka inzirakarengane zishwe muri jenoside no kugira uruhare mu gusigasira amajyambere.
Robin yabwiye Mutsindarwejo ko I&M Bank izakomeza imutekereza kandi ko ari umuryango aho yagize ati “Ubutumwa twaguha, ni uko turi umuryango wawe, nturi wenyine. I&M Bank na yo igomba kugira uruhare kandi izakomeza ifashe mu kubakira abacitse ku icumu n’imiryango yabo. Uku ni ko komora ibikomere, ni na ko kubaka igihugu cyacu.”
Iyi Bank isanzwe itera inkunga imiryango y’abacitse ku icumu ibafasha mu mibereho yabo ya buri munsi. Umwaka ushize na ho yubakiye umuryango wo mu Karere ka Kamonyi inawuha ibikoresho bitandukanye.
Amafoto: Mahoro Luqman



















TANGA IGITEKEREZO