00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I&M Bank yijeje abakiliya b’i Huye na Rusizi guhaza ibyifuzo byabo

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 6 November 2018 saa 07:21
Yasuwe :

Muri gahunda yo kwegera abakiliya no kungurana ibitekerezo nabo, I&M Bank Rwanda yasangiye inagirana ibiganiro n’abo mu turere twa Huye na Rusizi ibizeza ko igiye guhaza ibyifuzo byabo.

Byabaye kuri uyu wa mbere tariki 5 Ugushyingo 2018 aho ubuyobozi bukuru bwayo bwabanje gusangira no kuganira n’abakiliya bo mu Karere ka Huye nyuma bakomereza i Rusizi.

Umuyobozi Mukuru w’iyo banki y’ubucuruzi iri mu zikomeye mu Rwanda, Robin Bairstow, yavuze ko gahunda yo kwegera abakiliya, gusangira no kujya inama nabo isanzweho kuko ibafasha kunoza serivise babaha.

Ati “Aya ni amahirwe akomeye kuri twe yo kumva ibyifuzo byanyu no kumenya uko serivise tubaha zibageraho ndetse mukatugira inama y’icyo twakora kugira ngo turusheho kubaha serivise nziza.”

Abakiliya bayo bo muri Huye na Rusizi bafashe ijambo bahuriza ku gushima gahunda nziza yo gusangira nabo no kungurana ibitekerezo bagaragaza n’ibyo bifuza byavugururwa kugira ngo imikoranire irusheho kuba myiza.

Bigirimana Bosco wo mu Karere ka Huye ati “Ku kijyanye n’amasaha yo gufunga mufunga kare ku buryo mwongeyeho nk’isaha imwe mukajya mufunga saa moya byarushako kuba byiza. Muri bucuruzi saa kumi n’ebyiri tuba tugicuruza ku buryo iyo tuje kubitsa dusanga mwafunze.”

Nkurunziza Dieudoné wo muri Risizi we yagarutse ku cyo kongera amafaranga atangwa n’imashini izwi nka ATM akava ku bihumbi 200 asanzwe.

Mu bindi bitekerezo byatanzwe n’abakiliya harimo gushima serivise zitandukanye I&M Bank Rwanda ibagezaho zirimo n’ikoranabuhanga.

Bifuje kandi ko hakwihutishwa uburyo bwo gutanga inguzanyo kubayikeneye.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe abakiriya babitsa ku giti cyabo (Retail Banking) muri I&M Bank, Mwanangu Norbert, watanze ikiganiro yasobanuye ko ibyo abakiriya bifuje byose bigiye kwigwaho harebwa uko byashyirwa mu bikorwa.

Ati “Tugenda dukemura ibibazo dushingiye ku byifuzo byanyu kandi ari i Huye na Rusizi ndetse n’ahandi tuzajya tuzagenda twumva ibyo mwifuza tubishyire mu bikorwa kugira ngo turusheho gukorana neza.”

Muri icyo gikorwa abakiliya bari kugenda basobanurirwa na gahunda nshya y’ikoranabuhanga bazaniwe yitwa ‘Spenn Mobile Banking App’ aho umutu ashobora koherereza amafaranga mugenzi we ku buntu akoresheje telefone ngendanwa nawe akayabikuza nta kiguzi asabwe.

I&M Bank kuri ubu ifite amashami 17 aboneka mu Ntara zose z’igihugu.

Abakiriya ba I&M Bank mu Karere ka Rusizi basangiye n'ubuyobozi bukuru bwayo ku mugoroba wo ku wa Mbere
Abakiriya ba I&M Bank b'i Rusizi nabo basangiye n'ubuyobozi bwayo bajya n'inama
Abatanze ibitekerezo bahuriza ku kwishimira umwanya n'ubwisanzure I&M Bank ibaha
Bamwe mu bakiliya ba I&M Bank bo mu Karere ka Rusizi
I Rusizi abakiliya ba I&M Bank bifuza ko hakongerwa umubare w'amafaranga atangwa n'imashini ya ATM
I&M Bank iha abakiriya bayo umwanya wo kuvuga ikibari ku mutima no kumva inama zabo
I&M Bank Rwanda yasangiye n'abakiliya bayo bo mu Karere ka Huye bungurana n'ibitekerezo
Mu Karere ka Rusizi I&M Bank ihafite abakiliya benshi
Mu Karere ka Huye bifuje ko amasaha yo kubaha serivise yakongerwa banki ikajya ifungura kugeza saa moya z'umugoroba
Umukozi wa I&M Bank asobanura ibijyanye n'uburyo bw'ikoranabuhanga bushya bwitwa ‘Spenn Mobile Banking App’
Umukozi wa I&M Bank yandika ibyifuzo by'abakiliya kugira ngo bizigweho bishyirwe mu bikorwa
Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank , Robin Bairstow yandika ibyifuzo by'abakiriya mu Karere ka Huye
Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank Rwanda, Robin Bairstow, yijeje abakiliya b'iyi banki ko ibitekerezo byabo bizitabwaho
Abakiliya ba I&M Bank b'ingeri zinyuranye bari bitabiriye uyu musangiro ugamije kungurana ibitekerezo
Umwe mu bakiliya ba I&M Bank mu Karere ka Rusizi atanga igitekerezo

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages