00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I Musanze hagiye kubakwa ikigo cyihariye cyo kwita ku bana bafite ubumuga

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 4 January 2024 saa 02:50
Yasuwe :

Abantu bafite ubumuga butandukanye bo mu Karere ka Musanze bahawe icyizere ko bagiye kubakirwa ikigo cyo kwita ku bana bafite ubumuga mu mibereho yabo ya buri munsi kigamije kubakura mu bwigunge n’akato bahabwa ndetse no guhezwa ku burezi.

Mu Karere ka Musanze habarurwa abafite ubumuga babarirwa mu 6000. Nubwo hatarakorwa ibarura ryimbitse ngo hamenyekane umubare nyawo w’abana bafite ubumuga, abamaze kumenyekana barenga 500.

Aba bana batekerejweho ndetse harateganywa kubakwa ikigo kizajya kibitaho. Biteganyijwe ko kizubakwa ku bufatanye bw’Akarere ka Musanze kazatanga ikibanza na Hope and Homes for Children izatanga ibikenewe byose ngo hubakwe n’ibikoresho bizifashishwa cyane cyane ku bana bafite ubumuga.

Kizaba gifite amashuri y’abafite ubumuga, ibibuga by’imyidagaduro n’igice kizifashishwa mu bugororangingo n’ubundi buvuzi bw’abazakigana bafite ubumuga butandukanye.

Umuyobozi wa Hope and Homes for Children, Habimfura Innocent, avuga ko ikigo kizubakwa kizaba gifite umwihariko wo kugira irerero ariko hakiyongeraho na serivisi z’ubuvuzi zikiri ingorabahizi kuri bamwe mu bafite ubumuga.

Yagize ati "Ikigo kizubakwa kizaba gifite aho abana barererwa, aho bakinira, aho bigira n’andi masomo y’imibanire. Kizagira n’umwihariko wo kugira aho bazajya bahererwa serivisi z’ubuzima kuko bazakurikirana imikurire y’abana kugira ngo nibaba bafite ikibazo bakurikiranwe hakiri kare, ubundi cyunganire ababyeyi. Kizafasha n’ababyeyi kugira ubumenyi mu gufasha abo bana kuko bazaba bagomba gusubira mu miryango yabo.’’

Iki kigo kizubakwa ku butaka buri ahantu heza ndetse n’ingengo y’imari ingana na 100000£ yo kubaka ibyo bikorwa yarateguwe.

Umuyobozi w’Ishami ry’Imibereho Myiza mu Karere ka Musanze, Ntirenganya Martin, avuga ko mu mbogamizi abantu bafite ubumuga bakunze kugira harimo n’izishingiye ku guhezwa mu miryango, ari na yo mpamvu Leta ishyize imbaraga mu bikorwa na gahunda zose zituma iyo myumvire ihinduka, kugira ngo abafite ubumuga babashe kugaragaza impano n’ubushobozi bifitemo.

Yagize ati "Twifatanya n’abafite ubumuga mu buryo butuma barushaho kwigirira icyizere, ntibigunge. Ibyo kandi bituma n’ubwonko bwabo bukanguka, bityo na bo bakiyumva nk’abafite uruhare mu iterambere ry’igihugu. Ni yo mpamvu abafatanyabikorwa nk’aba bunganira Akarere tubizeza ubufatanye buhamye ngo tugere ku ntego y’igihugu yo kudaheza."

Buri mwaka, Akarere ka Musanze gashora miliyoni 80 Frw mu bikorwa bigamije guteza imbere imikino y’abantu bafite ubumuga, akiyongeraho miliyoni 16 Frw ashorwa mu bikorwa by’ubuvuzi n’uburezi.

Kuri ubu Akarere ka Musanze kari gukora ibarura ry’abantu bafite ubumuga ndetse ngo hamenyekane neza n’ibyiciro by’ubumuga bafite n’amikoro bafite kugira ngo abo bizagaragara ko bakeneye ubufasha bwihutirwa babuhabwe.

Umuyobozi wa Hope and Homes for Children, Habimfura Innocent, avuga ko ikigo cyateguriwe ingengo y'imari ya 100000£
Mu Karere ka Musanze habarurwamo abana barenga 500 bafite ubumuga
Hagiye kubakwa ikigo kizita ku bana bafite ubumuga ariko barererwa mu miryango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages