00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I Nyabugogo hafatiwe litiro 1600 z’inzoga zitujuje ubuziranenge

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 5 October 2023 saa 06:22
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge ku bufatanye bw’inzego z’ibanze n’iz’umutekano zikorera mu Gace ka Nyabugogo zafashe litiro 1600 z’inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge.

Izi nzoga zafashwe mu gitondo cyo ku wa Kane, tariki 5 Ukwakira 2023, mu mukwabo wakorewe mu Kagali ka Nyabugogo n’inzego z’umutekano zirimo DASSO n’abanyerondo bo muri aka gace.

Izi litiro 1600 z’inkorano ndetse zitujuje ubuziranenge zafatiwe mu ngo eshatu z’abaturage batandukanye aho hari ahafatiwe litiro 370, 430 n’ahasanzwe 800.

Izi nzoga zikimara gufatwa zahise zimenwa, ibikoresho zarimo bijyanwa ku Kagari ka Nyabugogo mu gihe ba nyirazo bo bahise batabwa muri yombi kugira ngo babanze bajye kwishyura amande.

Abaturage babwiye IGIHE ko bishimiye iki gikorwa cyo gufata inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge kuko abazinyweye bajya bateza umutekano.

Uwitwa Habiyambere yagize ati “Twabyishimiye ahubwo bajye babikora buri gihe kandi abazenga bahabwe ibihano bibakwiriye kuko abantu barazinywa bakamera nk’abasazi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigali, Ntirushwa Christophe, we yasabye abaturage gukomeza kwirinda kwishora mu bikorwa nk’ibi byo kwenga inzoga zitemewe.

Ati “Zose zafashwe ku bufatanye bw’inzego z’ibanze n’iz’umutekano zikorera mu Murenge wa Kigali zarimo DASSO n’lrondo ry’Umwuga ariko byose ni ku makuru aba yaratanzwe n’abaturage.”

Yaboneyeho gushishikariza abaturage kwirinda ibikorwa nk’ibi byo kwenga inzoga zitemewe kuko bigira ingaruka ku bazinyweye ndetse bihanirwa.

Kugeza ubu abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi y’Umurenge wa Kigali.

I Nyabugogo hafatiwe litiro 1600 z’inzoga zitujuje ubuziranenge

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages