Ibi biciro byiyongereyeho 9,8% mu kwezi gushize nyuma y’aho u Buhinde bushyizeho amabwiriza abuza gucuruza umuceri mu mahanga.
Ku rwego mpuzamahanga, ibiciro by’ibiribwa byagabanutseho gato mu kwezi gushize ugereranyije na Nyakanga bitewe n’igabanuka ry’iby’ibinyampeke, amavuta yo guteka, inyama n’ibikomoka ku mata.
Inkuru ya Journaldemontreal ivuga ko ibiciro by’umuceri byo byagizweho ingaruka n’icyemezo cyafashwe ku wa 21 Nyakanga na guverinoma y’u Buhinde, kibuza ko umuceri w’iki gihugu utari uwa basmati ucuruzwa mu mahanga.
Uyu muceri ugize kimwe cya kane cy’uwo u Buhinde bwoherezaga mu mahanga; umwanzuro ukaba warafashwe hagamijwe guhunika ibiribwa bihagije abaturage b’iki gihugu.
U Buhinde bufite uruhare rwa 40% mu bucuruzi bw’umuceri ku isi; buwohereza muri Afurika cyane cyane muri Sénégal, Nigeria, Côte d’Ivoire, Bénin kimwe no muri Aziya nko muri Pakistan na Philippines. Ahandi ni mu bihugu birimo Türkiye na Syrie.
Nubwo bimeze bityo FAO ivuga ko ububiko bw’umuceri ku isi buhagije ku buryo ubukangurambaga mu by’imicururize buzasozwa mu 2023/2024 bwiyongereyeho 1,4% ugereranyije n’uko byari bihagaze muri raporo ya 2022/2023.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!