00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibiganirompaka byitezweho umuti kuri ‘Memoire’ zidasobanutse muri za Kaminuza

Yanditswe na

[email protected]

Kuya 31 January 2016 saa 02:44
Yasuwe :

Abategura ibiganirompaka muri za Kaminuza batangaje ko gahunda yabo y’igihe kirekire yo kumenyereza abanyeshuri kugira umuco wo gukora ibiganirompaka,ari umwe mu miti izaca ubunebwe bugaragara mu kwandika ibitabo ku barangiza Kaminuza ndetse no kubafasha guhatana ku isoko ry’umurimo.

Ubwo bari mw’ishuri rikuru rya KIM (Kigali Institute of Management), mu mpera iki cyumweru barebera hamwe gahunda y’umwaka wa 2016 muri za Kaminuza zitandukanye, batangaje ko icyo kibazo cya ‘Memoire’ zidasobanutse kizaba cyarangiye mu myaka 10 iri imbere.

Iki ni kimwe mu bisubizo byashatswe n’Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga bashinze umuryango ‘Aspire Debate Rwanda’ nyuma y’igihe gito bawugeza muri za Kaminuza zitandukanye.

Umuyobozi w’uyu muryango Ntambiye David, yavuze ko bawushinze muri 2013 bamaze kubona ko Abanyeshuri ba Kaminuza bakomeje kugorwa no kwandika ndetse no gusobanura ibitabo byabo maze nk’urubyiruko rushaka ibisubizo.

Uyu muryango umaze gutangiza uburyo bw’ibiganirompaka kuri ubu umaze kugera muri za Kaminuza esheshatu kandi ugenda utanga umusaruro ndetse na za Kaminuza zimaze kugenda zibumva, aho utegura amarushanwa atandukanye mu biganirompaka.

Ntambiye yagize ati “Ngendeye mu buryo handikwa ibitabo umuntu aterura igitabo ariko atazi icyo ashaka, ibiganirompaka byo bigufasha kumenya niba ibyo ubonye bihwanye n’ibyo ushaka”.

Bamwe mu bagiye bakorana n’uyu muryango bavuze ko bibafasha kuvugira mu ruhame, kuzamura ururimi rwabo ndetse no gukora ubushakashatsi.

Umunyeshuri muri ishuri ry’Ubumenyi n’ikoranabuhanga mu mwaka wa kane, Nseruka Annibal, yavuze ko amaze igihe akora ibiganirompaka ariko byamufashije kuzamura ubumenyi ndetse bikanamufungura gukora ubushakashatsi ku bumenyi butandukanye bishobora kuzamufasha kwandika igitabo, kumenya indimi ndetse no kwisanga ku isoko ry’umurimo.

Ati “Bifasha gutinyuka, kumenyera kuvuga mu ruhame kandi iyo wanyuze mu biganiro mpaka uba wararenze bwa bwoba”.

Umunyeshuri muri KIM mu mwaka wa gatatu, Mutoni Jacqueline, yavuze ko ku bakobwa bakitinya bityo akaba ahamagarira abahamagarira gutinyuka bakitabira ibiganirompaka.

Umuyobozi w’ishuri rikuru KIM, Prof Peter John Opio, yavuze ko iryo shuri ryifuza ko Abanyeshuri bose banyura mu biganirompaka kuko bibubakira ahazaza mu gutekereza, kumenya indimi n’ibindi.

Umuyobozi w’ishuri rikuru rya KIM (Kigali Institute of Management), Prof Peter John Opio,
Abayobora za Club zitandukanye
Uyu muryango ufite gahunda yo guca' Memoire zidasobanutse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages