00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibigo by’amashuri byakira abanyamahanga byasabwe kubaha umuco wabo

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 2 April 2017 saa 10:30
Yasuwe :

Minisiteri y’Uburezi itangaza ko kubaha umuco w’abanyeshuri b’abanyamahanga biga mu bigo byo mu Rwanda atari ukubaha agaciro gusa, ahubwo binashimangira ubumwe bw’ababyigamo bose.

Byatangajwe kuri uyu wa 1 Mata 2017 mu birori byo kwizihiza umuco w’ibihugu bisaga 55 bifite abana biga muri Green Hills Academy.

Muri ibi birori, abanyeshuri biga muri Green Hills Academy baturuka mu bihugu byo ku migabane yose yo ku Isi berekanye imico ikubiyemo uko bategura amafunguro, uburyo bw’imibyinire, imyambarire n’ibindi.

Ian Rubimbura wiga mu mwaka wa Kane kuri iki kigo, avuga ko ari byiza kumenya umuco w’ibihugu byinshi kuko afite gahunda yo gutemberera hirya no hino ndetse ngo no mu isomo ry’amateka biramufasha.

Kayiraba Anne, Umubyeyi ufite abana babiri biga muri iki kigo yabwiye IGIHE ko kumenya umuco w’ibindi bihugu bifasha abana kumenya isi.

Rose Baguma, Umuyobozi Mukuru w’ishami ry’igenamigambi muri Minisiteri y’Uburezi, yavuze ko kuzirikana no kubaha umuco wa buri gihugu mu bigo by’amashuri byubaka ubumwe.

Yakomeje avuga ko nubwo ibi birori byateguwe n’iki kigo, ibindi bigo by’amashuri biramutse bibiteguye na byo Minisiteri yabishyigikira.

Ubusanzwe Green Hills Academy ishishikariza abanyeshuri babo kubaha umuco w’u Rwanda n’uw’ibindi bihugu nk’uko byagarutsweho na Kagenza Gaspard, Umuyobozi wungirije w’iri shuri.

Yagize ati “Abanyeshuri baza ku ishuri kugira ngo babone ubumenyi ,ariko ubumenyi si ubwo mu bitabo gusa, harimo no kumenya isi n’ibihugu uko biteye kugira ngo nibakura bazabe abantu bajijutse kuko bashobora kuzajyayo bagiye kwiga cyangwa no gushaka akazi.”

Green Hills Academy, ni ikigo cyatangiye mu 1997, ubu gifite abanyeshuri 1700, barimo abiga baba mu kigo n’abataha. Barimo abiga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye.

Abakomoka muri Pakistan na bo biga muri Green Hills Academy
Muri Green Hills Academy higamo n'abaturuka mu bihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika
Abana b'Abanyarwanda na bo berekanye bimwe mu biranga umuco nyarwanda
banyeshuri berekanye umuco uranga ibihugu byabo bafite amabendera yabyo
Rose Baguma(ibumoso), Umuyobozi Mukuru w'Ishami ry'igenamigambi muri Minisiteri y'Uburezi
Abarundi bishimiwe mu kuvuza ingoma bagatumbagira mu kirere
Harimo n'aberekanye ubuhanga mu gucuranga gitari
Abana bo mu bihugu bitandukanye bacurangisha ibikoresho by'umuziki binyuranye
Kagenza Gaspard, Umuyobozi Wungirije wa Green Hills Academy
Kayiraba Anne, umubyeyi urerera muri iki kigo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages