Ibi babisabwe mu kiganiro nyunguranabitekerezo ibyo bigo by’ubwishingizi byagiranye n’ubuyobozi bwa RRA mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Iki kiganiro nyungurana bitekerezo n’amasosiyete y’ubwishingizi akorera mu Rwanda cyari kigamije gushaka uko hanozwa uburyo bw’imikoranire bwanatuma imisoro ikomoka kuri urwo rwego n’abafatanyabikorwa barwo yiyongera.
Komiseri Mukuru wa RRA Tusabe Richard avuga ko igihe cyose ubwishingizi bugendana n’iterambere kandi ko uko iterambere rizamuka ari na ko haba hakenewe ko ibikorwa bigezweho bishakirwa ubwishingizi. Inyungu ziva muri ibyo bikorwa rero zigomba gutangwaho imisoro.
Ubusanzwe sosiyeti z’ubwishingizi zigira abo zikorana nabo barimo ama Garage ndetse n’abacuruza ibyuma by’ibinyabiziga, ariko hari hamwe hagaragara intege nke mu gutanga neza imisoro aho bamwe muri bo badakoresha EBM mu gutanga inyemezabwishyu, abandi bagakora nabi nkana imenyeshamusoro muri Gasutamo bamanuye agaciro k’ibyo batumije hanze.
Komiseri Mukuru asanga abo bakigaragaraho ubusembwa bwo kutanoza ibijyanye n’inshingano zabo mu gusora bakwiye gukeburwa.
Ati: “Tugiye kureba uko twanoza imikorere n’abishingizi turebe uko twateza imbere uru rwego rw’ubwishingizi, ariko kandi n’abafatanyabikorwa babo bafite intege nkeya badufashe (ibigo by’ubwishingizi) mu kuzamura imyumvire yabo mu gutanga imisoro.”
Abahagarariye amasosiyete y’ubwishingizi bagaragaza ko kubahiriza amategeko y’imisoro ari cyo gituma babasha gukorera mu bwisanzure.
Uwamungu Antoine, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’ibigo by’ubwishingizi akaba n’umuyobozi wa Phoenix, avuga ko ayo masosiyeti yateye intambwe nziza kuri EBM kuko yamaze kugira ikoreshwa ry’iriya mashini itanga inyemezabuguzi umuco.
Agira ati: “Iyo umuntu aje kugura ubwishingizi iwanjye ngomba kumuha icyemeza ko koko ubwo bwishingizi yabufashe. Ari yo Facture ya EBM. Umunsi waje iwanjye ukagenda utayifite ni ukuvuga ngo nta bwishingizi utwaye kuko hagize ikiba utayifite nawe waba uri mu ngorane.”
Imyumvire kuri serivisi z’ubwishingizi igenda izamuka buhoro cyane kuko imibare igaragaza ko mu Rwanda ubwishingizi bifitwe n’abatarenga 5%. Usibye kandi ubwishingizi ku binyabiziga ubu haratangwa n’ubwishingizi bw’indwara, ubw’inkongi, ubw’uburezi ndetse n’ubw’ubuhinzi.



















TANGA IGITEKEREZO