Ibi bikorwa ngarukamwaka bitegurwa na RGB ku bufatanye n’ Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Abanyamakuru (ARJ), Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) na One UN Rwanda.
Ni ku nshuro ya gatanu habayeho iki gikorwa cyo guhemba abanyamakuru n’ibitangazamakuru. Kuri iyi nshuro hazatangwa ibihembo birenga 40 biri mu byiciro 21.
Imibare itangwa na ARJ igaragaza ako umubare w’abanyamakuru batanze inkuru zabo mu irushanwa wazamutse hafi kwikuba kabiri aho wavuye kuri 278 muri 2016 ukagera kuri 421 uyu mwaka.
Nk’uko bitangazwa na RGB, umwihariko uri muri uyu mwaka ni uko hari ibindi bigo bya Leta nabyo byifatanije na yo, bizatanga ibihembo ku banyamakuru bakoze inkuru zifite aho zihuriye n’inshingano z’izo nzego.
Izo nzego zirimo Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango(MIGEPROF), Minisiteri y’Ubuzima(MoH) Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro ( RURA), Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge, (NURC) n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative( RCA).
Inama ku iterambere ry’Itangzamakuru
Gutanga ibihembo ku banyamakuru n’ibitangazamakuru bizaba ku mugoroba, bikazabanzirizwa n’inama ya cyenda y’Umushyikirano ku itangazamakuru izitabirwa n’abanyamakuru, inzobere mu itangazamakuru ziturutse mu bihugu bitandukanye, abayobozi mu nzego za Leta ndetse n’abafatanyabikorwa.
Ibiganiro bizakorwa muri iyi nama hagendewe ku “mikorere n’imibereho y’itangazamakuru ry’Afurika mu isi yihuta mu ikoranabuhanga.” (Positioning African Media in the Digital Era”.
Mu kwitegura ibyo bikorwa byose kandi ku Cyumweru tariki 5 Ugushyingo hazaba umukino wa gicuti uzahuza intore z’abanyamakuru (Impamyabigwi) n’ikipe y’abayobozi bakuru b’igihugu “Vision 2020”.



















TANGA IGITEKEREZO