00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihugu umunani birimo n’u Rwanda biri kwiga uko byakumira Jenoside

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 9 May 2017 saa 07:39
Yasuwe :

Ingabo, abapolisi n’abasivire baturutse mu bihugu umunani birimo n’u Rwanda, bahuriye mu mutwe w’Ingabo uhora witeguye gutabara (East Africa Standby Force), ngo bakorere hamwe amahugurwa y’ibyumweru bibiri mu Rwanda, agamije gushaka uburyo buhamye bwo gukumira Jenoside no kwimakaza ubutabera bwunga.

Ni amahugurwa aziga kuri Jenoside, ubwicanyi ndengakamere n’ubutabera bwunga, byose bikorwa hagamijwe kubungabunga amahoro. Azabera mu Kigo cyigisha amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri mu Karere ka Musanze.

Afugura ku mugaragaro aya mahugurwa kuri uyu wa 8 Gicurasi 2017, Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, yagarutse ku bubi bw’amakimbirane n’ibyaha byibasira inyokomuntu, avuga ko u Rwanda rufite ubuhamya ku ngaruka z’amakimbirane yaruganishije kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, yahitanye abarenga miliyoni mu minsi 100 gusa.

Gen Kabarebe yagarutse ku kamaro Inkiko Gacaca zagize mu kunga abanyarwanda mu gihe gito kandi mu buryo buhendutse aho yagize ati “Inkiko Gacaca ntizagize akamaro mu kugarura ubutabera mu gihe gito kandi mu buryo buhendutse gusa, zanateje imbere ubumwe n’ubwiyunge mu muryango nyarwanda.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda atarirwo rufite amateka yaranzwe n’amacakubiri rushobora gusangiza ibindi bihugu gusa, atanga ingero mu bihugu byinshi bigize imigabane itandukanye.

Umuyobozi wa Rwanda Peace Academy, Col. Jill Rutaremara, yavuze ko aya mahugurwa nta handi yigeze aba ku Isi ndetse ko yatumiwemo impuguke zitandukanye kugira ngo zungurane ibitekerezo kuri Jenoside n’ibyaha byibasira inyokomuntu no kwimakaza ubutabera.

Yagize ati “Amahugurwa nk’aya nta kindi gihugu abamo. Twashatse impuguke z’Abanyarwanda, Abongereza n’Abanya-Canada, twiga uko yaba, ariko dushingiye ku byabaye mu Rwanda [..]. Icyo bizamarira abantu, ni ugusangira ibyabaye muri buri gihugu. Nk’ubu ugiye muri Centrafrique, uzasanga hari inkiko. Ahabaye ubwicanyi hose uhagiye wasanga harashyizweho ubutabera,ariko buba bumeze bute? Ni ubutabera bwunga cyangwa ni ubukemura ibyo bibazo?”

Col. Bob Ogiki wiitabiriye aya mahugurwa aturutse muri Uganda, yavuze ko ari umwanya mwiza uwitabiriye wese ayo mahugurwa azagira wo kumenya uko buri gihugu gikemura amakimbirane n’uko gikoresha ubutabera, yemeza ko bazahakura byinshi bashobora gusangiza mu bihugu baturutsemo.

Aya mahugurwa ahuje abasivili, ingabo na Polisi 24 baturutse mu birwa bya Comores, Kenya, Somalia, Uganda, Tanzania, Malawi, Ethiopia n’u Rwanda. Azasozwa ku wa 19 Gicurasi 2017.

Abantu 24 nibo bitabiriye aya mahugurwa azamara ibyumweru bibiri
Gen James Kabarebe yashimangiye ko Inkiko Gacaca zagize uruhare mu kunga Abanyarwanda no gutanga ubutabera bunoze vuba
Col Jill Rutaremara yavuze ko abateraniye muri aya mahugurwa bazungurana ibitekerezo kuri jenoside n'uko yakumirwa
Col. Bob Ogiki waturutse Uganda, yavuze ko aya mahugurwa azabafasha kumenya uko buri gihugu gikemura amakimbirane
Aya mahugurwa yitabiriwe n'ingabo, abapolisi n'abasivili bo mu bihugu umunani bya Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages