Hugo Karekezi yapfuye mu rukerera rwo kuwa 13 Gashyantare 2015, nyuma y’igihe kirekire yari amaze arwaye, ariko akaba yari amaze ukwezi kurengaho iminsi mike arwariye mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe.
Amakuru agera kuri IGIHE.com avuga ko Karekezi amaze gupfa, ibitaro byateranyije amafaranga agomba kwishyurwa, basanga agera muri Miliyoni ebyiri (2,000,000).
Kubera igihe yari amaze arwaye, nta kitwa ifaranga cyari kikibarizwa mu muryango we, kuko umugore we nta kazi agira, ku buryo n’ingemu zabonekaga ku mpuhwe z’inshuti n’abakinanye na Karekezi Hugo.
Ikipe y’abawigeze (abahoze bakina umupira w’amaguru) yakinagamo ku cyumweru, hamwe n’inshuti n’abandi babanye na we, bateranyije amafaranga babasha kubona miliyoni imwe n’ibihumbi Magana abiri (1,200,000).
Mu izina ry’Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe, Capt. Alphonse Rutembesa yatangarije IGIHE.com ko ibitaro bitakwimana umurambo, kuko hari uburyo Minisiteri y’ubuzima yateganyije bwo kwishyurira abapfuye hakabura ubushobozi bwo kwishyura ibitaro.
Capt. Rutembesa yagize ati “MINISANTE ikorana n’ibitaro, umuryango ukandika ugaragaza aho ubushobozi bwa wo bugarukira, hanyuma tukabaha umurambo ugashyingurwa, natwe tukazasigara dukurikirana Minisiteri.”
Cyakora n’ubwo ibitaro byatanga umurambo wa Karekezi, kuwushyingura byaba ihurizo rikomeye, kuko ayo mafaranga yakusanyijwe yose agomba kwishyurwa ibitaro kandi bakanabisigaramo umwenda (ideni).
Hugo Mukengele Karekezi yabaye myugariro ukomeye wa Kiyovu Sports kuva mu Kuboza 1994 kugeza mu 1997, nyuma yo kuva muri Espoir FC yakiniye kuva mu 1986 kugeza mu 1993.
Uretse aya makipe, Hugo yakiniye Bukavu Dawa yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse na Fantastic y’i Burundi.
Hugo asize umugore n’abana batatu, akaba atuye mu Rwanda kuva muri iyo myaka yose yakiniye Espoir FC y’i Rusizi na Kiyovu Sports.



















TANGA IGITEKEREZO