00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibisasu bibiri byatahuwe mu bitaro bya Kibungo

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 28 April 2018 saa 03:24
Yasuwe :

Mu bitaro by’icyitegererezo bya Kibungo biherereye mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Uburasirazuba, hamaze gutegurwamo ibisasu bibiri byo mu bwoko bwa Grenade.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Kibungo, Dr Williams Namanya, yabwiye IGIHE ko byatahuwe mu nzu y’icumbi ry’abashoferi.

Yagize ati “Nibyo, byabonetse mu cyumba abashoferi bararamo. Ubwo twihutiye guhamagara inzego z’umutekano, baraza barabitwara, ubu baracyakurikirana kureba uwaba yabizanyemo."

Dr Namanya yakomeje avuga ko nta makuru menshi yatangaza mu gihe iperereza ritaragira icyo rigaragaza.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages