00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya ku nyubako Coach Gael amaze gushoramo arenga miliyari 1,5 Frw

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 12 February 2024 saa 07:38
Yasuwe :

Ku batembera Umujyi wa Kigali babona ko urushaho guhindura isura yawo uko bwije n’uko bukeye binyuze mu nyubako nshya zigezweho zihubakwa zirimo n’iyitwa Kigali Universe imaze umwaka yubakwa hejuru ku gisenge cya CHIC.

Iyi nyubako biteganyijwe ko izamurikwa ku mugaragaro muri Werurwe 2024, ni igicumbi cy’imikino n’imyidagaduro. Ikubiyemo ibibuga by’imikino, aho kwidagadurira n’inzu zo gukoreramo ibintu bitandukanye.

Gael Karomba uzwi nka Coach Gael uri kubaka iyi nzu ya Kigali Universe , yatangarije Televiziyo Rwanda ko iyi nyubako igice cyayo cya mbere kiri kugana ku musozo, kimaze gutwara arenga miliyoni 1,5$ ni hafi miliyari 2 Frw.

Ati “ Turacyakomeza ariko ubu ari hejuru cyane ya miliyoni y’amadorali ya Amerika , turacyabyubaka kuko umushinga nk’uyu ntabwo wavuga ngo nonaha urarangiye ariko ibyo dushaka biracyatujyana hejuru ya miliyoni imwe n’igice y’amadorali ya Amerika buri munsi tugenda twunguka ibindi bintu bishya.”

“Ubu turi mu bice bya nyuma tugeze nko kuri 90% y’icyiciro cya mbere, bidukundiye mu kwezi kwa Werurwe turamurika iki gikorwa, icyiciro cya mbere, kuko hari n’ibindi bizaza nyuma.”

Coach Gael yavuze ko iyi nyubako izaba ikubiyemo ibikorwa bitandukanye bizafasha abanyarwanda n’abagenderera igihugu kwidagadura banakora siporo.

Yakomeje agira ati “Kigali Universe ni ikintu kitari muri aka karere ka Afurika y’Uburasirazuba urabona ni hejuru y’inyubako ya CHIC ni hanini cyane hari metero kare zisaga 6000. “

“Izaba irimo ibibuga bito bya siporo zitandukanye, umupira w’amaguru, Basketball, Tennis na Golf bikinirwa mu nzu, harimo Restaurant, amaduka acuruza ibintu bitandukanye, ni ahantu abantu bazajya baza bagahuriramo bakanezerwa nk’umuryango, abana bafite ibyo bakora , ababyeyi nabo bari mu byabo baze bakore siporo bishime.”

Uretse ibibuga, bivugwa ko iyi nyubako izaba irimo aho kwicira inyota n’isari, icyumba cyajya gifatirwamo ibiganiro bya televiziyo n’ibindi.

Karomba Gael uzwi nka Coach Gael ni umwe mu banyarwanda bafite ibikorwa bitandukanye mu mahanga bahisemo no gushora imari mu Rwanda. Avuga ko u Rwanda rwujuje ibintu buri mushoramari wese ushaka gushora imari mu gihugu aba yifuza.

Muri ibyo, harimo kuba ari igihugu gifite umutekano, cyorohereza abashoramari aho abaje muri ibi bikorwa berekwa ahari amahirwe bashoramo, cyoroshya ibijyanye n’ubushabitsi ndetse no kuba ari igihugu kigendera ku mategeko.

Uyu mugabo yavuze ko icyatumye ashora imari muri siporo n’imyidagaduro ari uko ari uruganda rukeneye abashoramari ndetse rujyana n’ubukerarugendo cyane igice gikomeje gukura kininjiza menshi mu bukungu bw’u Rwanda.

Ati “Njye nabonye ubukerarugendo bujyana n’ibintu birimo siporo n’imyidagaduro ahantu hose ku Isi birajyana , aho hantu nabonye ari ikibuga gishya abantu batarumva neza nk’abashoramari, ni cyo kintu nibanzeho ariko hari n’ibindi by’ikoranabuhanga nkora.”

Izina rye ryarushijeho gutumbagira cyane ubwo yatangiraga gukorana na Bruce Melodie binyuze muri sosiyete ya 1:55AM Ltd ifasha abahanzi barimo Ross Kana na Producer Element.

Vuba aha Coach Gael na Bruce Melodie bashoye imari mu ikipe ya UGB (United Generation Basketball Club) ikina shampiyona ya Basketball mu Rwanda.

Kurikira ikiganiro kirambuye

Kigali Universe yubatse hejuru y'inyubako ya CHIC
Muri iki gicumbi cy'imikino n'imyidagaduro, hazaba harimo ikibuga gito cy'umupira w'amaguru 'Mini Football'
Uretse ibibuga n'ibiro, hatekerejwe n'aho abantu bajya bicira icyaka n'isari muri iyi nyubako
Muri iyi nyubako, hashyizweho n'ahazajya hakinirwa umukino wa Bowling
Iyi nyubako ya Kigali Universe imirimo yo kuyubaka igeze kuri 90%
Gael Karombo [Coach Gael] yemeje ko iyi nyubako imaze kumutwara arenga miliyoni 1,5$

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages