00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Icyiciro cya nyuma cy’ingabo zirenga 500 za SADC cyatashye kinyuze mu Rwanda

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 28 June 2025 saa 10:51
Yasuwe :

Icyiciro cya nyuma cy’Ingabo 576 za SADC zari zimaze umwaka urenga mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zatashye zinyuze mu Rwanda.

Icyiciro cya mbere cyavuye mu Burasirazuba bwa RDC ku wa 29 Mata 2025 cyari kigizwe n’imodoka 13 zirimo ibikoresho bya gisirikare n’abasirikare 57 babiherekeje.

Icyiciro cya nyuma cy’abasirikare ba SADC cyahagurutse i Rubavu ku mupaka w’u Rwanda na RDC mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, ku isaha ishyira saa tatu, tariki 28 Kamena 2025, kigizwe n’imodoka zitwaye abasirikare.

Kuri iyi nshuro IGIHE yabonye imodoka 15 zitwaye aba basirikare.

Ingabo za SADC zari mu RDC zatashye zinyuze mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages