Imibare yashyizwe ahagaragara mu ntangiro z’uku kwezi igaragaza ko abakorana imibonano mpuzabitsina batayiguze ari bo bakoresha agakingirizo ku kigero kiri hasi, kimwe n’abagore bafite imyaka guhera kuri 40 kuzamura.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya Sida n’izindi ndwara zandurira mu Kigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC), Dr.Nsanzimana Sabin, avuga ko bigaragara ko hari aho badohotse mu gukoresha agakingirizo n’ubwo bigoye gupima ikigero gakoreshwaho mu baturage, cyane ko hari ugakoresha rimwe, ubwa kabiri akakihorera.
Yakomeje agira ati “Turi kugerageza guhindura uburyo twagatangaga, kugira ngo tunoze bigedendanye n’uburyo abakiliya bacu bahindura imyitwarire mu ikoreshwa ry’agakingirizo.”
Gukoresha agakingirizo mu bakora uburaya biteye inkeke
Umubare w’abakora uburaya bifashisha agakingirizo waragabanutse cyane, aho abakoranye imibonano mpuzabitsina bemeye ko bagakoresheje ku nshuro iheruka ari 83.5%, mu gihe abagakoresheje mu buryo buhoraho ari 49.4%.
Iyi mibare igabanuka cyane ku bakorana imibonano mpuzabitsina nta kiguzi, kuko abakoresha agakingirizo ari 37.6 ku ijana.
Ikoreshwa ry’agakingirizo mu bakobwa bicuruza, ryiganje cyane mu bakiri bato hagati y’imyaka 15 na 19 kuko ari 52.3 ku ijana, mu gihe mu bagore bageze mu myaka 40 kuzamura, bo abagakoresha ari kuri 43.2%.
Mu myaka itanu ishize abakora uburaya ni bo bafite ubwandu bwa Sida cyane kuri 51 %, ariko ubu bwagabanutseho 10%, bugeze kuri 41% nk’uko ubushakashatsi bwa RBC bwabigaragaje.
Ikoreshwa ry’agakingirizo mu batinganyi na ho harimo icyuho…
Mu bagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina, ubu bushakashatsi bwerekanye ko naho hari icyuho kuko 71.4% ari bo bagaragaje ko ubwo baheruka kuryamana n’abagabo bagenzi babo bakoresheje agakingirizo.
Abagera kuri 45.0% bo bemeye ko bakoresheje agakingirizo mu buryo buhoraho mu minsi 30 ya nyuma y’ubwo bushakashatsi.
Kugeza ubu hari na bamwe mu baturage bagiterwa ikibazo no kugura udukingirizo two kwifashisha mu mibonano mpuzabitsina.
Hagati ya Nyakanga 2013 na Kamena 2014, hakwirakwijwe udukingirizo tw’abagabo 11,273,800 n’utw’ abagore 45,020 mu bikorera, mu gihe utugera kuri 12,112,976 tw’abagabo twagejejwe ahatangirwa serivisi rusange.
Guverinoma ifite gahunda yo kuzamura ikoreshwa ry’agakingirizo hagamijwe kugabanya ubwandu bushya bwa Virusi itera Sida n’ izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Ubwo bushakashatsi bwerekanye ko ubwandu bushya bwa Virusi itera Sida mu Rwanda bungana na 2.27%, bingana n’abantu bagera ku bihumbi 12 bandura buri mwaka mu Rwanda.
Imibare y’ubushakashatsi kandi igaragaza ko abantu 3% mu Rwanda babana n’ubwandu bwa Sida, iyi mibare ikaba yari iteye itya mu 2005 na 2010 no muri ubu bushakashatsi bwakozwe hagati ya 2013 na 2014.



















TANGA IGITEKEREZO