VTC Karengera ni ishuri ry’imyuga riherereye mu Mudugudu wa Giseke, Akagari ka Muhororo mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke.
Iki cyumba cyararagamo abanyeshuri 64 cyatangiye gushya ahagana saa yine ubwo bari mu masomo; ibikoresho birimo ibiryamirwa birashya.
Umunyeshuri umwe wari wasigaye mu icumbi kubera ikibazo cy’uburwayi ni we watabaje ubuyobozi bw’ikigo ndetse anasohora matola 11 gusa, ibindi byose birimo ibyangombwa byabo, imyambaro, ibikoresho by’isuku birangirika.
N’ubwo nta makuru aremezwa ku cyateye iyi nkongi, birakekwa ko yaba yaturutse ku nsinga z’amashanyarazi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aimé Fabien, yatangaje ko nta muntu wakomerekeyemo usibye ibikoresho byangirikiyemo bitaramenyekana agaciro.
Nyuma y’iyi nkongi hashyizweho itsinda rishinzwe gukurikirana icyayiteye rigizwe n’abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu (REG), ubuyobozi bwa VTC Karengera n’ubwa Polisi y’igihugu ikorera muri aka karere ngo hamenyekane intandaro yayo. Abanyeshuri bahuye n’ikibazo bashakiwe aho bacumbikirwa.



















TANGA IGITEKEREZO