Aya marushanwa yabaye kuri uyu wa Kabiri mu Ishuri rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, IPRC Kigali, ahuza urubyiruko ruturutse muri IPRC ya Kigali, iya Huye, Gishari na Ngoma.
Urwo rubyiruko rwagiye rumurika imishinga itandukanye igamije kuruteza imbere no guhanga imirimo.
Biteganyijwe ko imishinga 10 izatsinda izahabwa miliyoni eshatu buri umwe, ibi bihembo bikazatangwa tariki ya 20 Ugushyingo 2019 kuri Maison des Jeunes ku Kimisagara, mu birori bizagaragaramo n’urundi rubyiruko 200 rwafashijwe na KCB kwiga imyuga irimo gukora amakaro, gusudira, guteka n’ikoranabuhanga.
Mutoni Rosette ushinzwe itumanaho muri KCB avuga ko intego y’aya marushanwa ari ugukemura ikibazo cy’ubushomeri no gufatanya na leta mu gufungura imitekerereze y’urubyiruko.
Ati “Intego yacu ni gukemura ikibazo cy’ubushomeri mu Rwanda no kuzana ibisubizo dufatanyije na Leta. Ikindi ni ugufungura imitekerereze y’urubyiruko tukababwira ko kuba ufite impamyabumenyi runaka utagomba gutegereza akazi ko mu biro gusa ahubwo bazana ibitekerezo natwe tukabafasha.”
Dushimimana Pierre Damien warangije amasomo y’igihe gito abifashijwemo na KCB akaba n’umwe mu bari mu marushanwa ya gahunda ya ‘Igire’ aho afite umushinga wo korora ingurube, avuga ko aramutse abaye umwe mu banyamahirwe batsindira miliyoni eshatu byazamufasha kuva mu cyiciro cya kabiri cy’ubudehe arimo.
Ati “Ngize amahirwe nkatsindira miliyoni eshatu byamfasha gukora nkava mu cyiciro cya kabiri cy’ubudehe turimo njye n’umuryango wanjye. Byatuma kandi ntanga akazi aho gukorera abandi nkashimishwa no kuba naba umukoresha.”
KCB ifasha urubyiruko kubona amahugurwa ku bijyanye no guhanga imishinga no kuyitegura, hakaba n’amahugurwa atangwa na DOT Rwanda ku bufatanye n’Inama Nkuru y’Igihugu y’Urubyiruko ikorana bya hafi na KCB, birushaho gutyaza ubumenyi bw’urubyiruko.



















TANGA IGITEKEREZO