00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imiterere ya ’The Big Bend’; inzu ndende ya mbere ku Isi igiye kubakwa i Manhattan (Amafoto)

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 24 March 2017 saa 01:06
Yasuwe :

Abahanga mu gukora ibishushanyo by’inyubako bo muri ‘Oiio studio’ bashyize hanze igishushanyo mbonera cy’inzu izaba ari iya mbere ndende ku Isi igiye kubakwa i Manhattan muri Leta ya New York.

Iyi nzu iteye mu buryo butangaje kuko igice cyo hejuru cyayo kirizengurukije, urebye neza wasanga ari nk’inyuguti ya ‘U’ ariko icuramye.

Ibi bizatuma hakorwa ‘elevator’ (ascenseur) igenda mu buryo butambitse bitandukanye n’uko ubusanzwe izikoreshwa cyane ziba zizamuka cyangwa zikamanuka.

Uburebure bwayo bwose bungana na km 1.22 kuva aho itangiriye kugera aho irangiriye. Izaba yubatswe mu buryo buhagaze; yakuba kabiri uburebure bwa Burj Khalifa (inyubako ndende ya mbere ku isi kugeza ubu) na One World Trade Center ibarizwa i New York.

Kugeza ubu, inzu ndende ku Isi ni Burj Khalifa ireshya na metero 828 iherereye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Iyi nzu imeze nk'inyuguti ya U icuritse
Uko inzu zikurikirana mu burebure kugeza ubu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages