00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impunzi zo mu Rwanda zasabwe kutitakariza icyizere no kwishakamo ibisubizo (Amafoto)

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 20 June 2023 saa 11:56
Yasuwe :

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange, yavuze ko u Rwanda rwashyizeho bimwe mu bikorwa biha impunzi amahirwe nk’ay’abaturage barwo, azisaba kudatakaza icyizere cyo kubaho ndetse zikanishakamo ibisubizo mu gukora imirimo iziteza imbere.

Ni ubutumwa yatangiye mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Impunzi, byabaye kuri uyu wa 20 Kamena 2023, mu Rwanda byizihirizwa mu Mujyi wa Kigali.

Ni ibirori byanitabiriwe Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) mu Rwanda, Ndèye Aissatou Masseck Ndiaye, impunzi zaturutse mu nkambi zitandukanye zo mu gihugu, abahagarariye imiryango mpuzamahanga n’abafatanyabikorwa batandukanye mu kwita ku buzima bw’impunzi, n’abandi.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka mu kwizihiza uyu munsi igira iti ‘‘Icyizere cy’ejo hazaza kure y’imuhira’’.

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange, yavuze ko inkunga ziva mu mahanga zigenerwa impunzi zigenda zigabanuka, bityo hakaba hari gushyirwaho gahunda yo gufasha impunzi kwigira azisaba uruhare rwazo muri uru rugendo kuko zifitemo ubushobozi bwo kuzana impinduka nziza.

Ati ‘‘Ni urugendo nubwo rwose hakiri inkunga bahabwa, ariko uko igenda igabanuka tugenda twigisha kugira ngo bajyane n’iyo mitekerereze mishya yo kuvuga ko ashobora kwikorera ndetse akiteza imbere, agateza imbere abe, agateza imbere n’igihugu’’.

Ibi birori byabereyemo ibikorwa bitandukanye bamwe mu mpunzi bahabwa umwanya batanga ubuhamya bw’uko bageze mu Rwanda n’uko bamaze kwiteza imbere, ku bwo kudahezwa ku mahirwe afitwe n’abandi baturarwanda ndetse n’umuhate babishyiramo.

Munyaneza Jackson wahungiye mu Rwanda mu 2012 avuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yatanze ubuhamya bw’uko yifuzaga kuba dogiteri yaba impunzi akagira ubwoba ko inzozi ze zirangiye, ariko ubu akaba ari kuzikozaho imitwe y’inkoki kuko agiye gusoreza amasomo ye muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), asaba n’abandi kudacika intege.

Ati ‘‘Kenshi hari abizera ko impunzi zidashobora kugira imyanya myiza mu muryango mugari, ibyo si byo! Mwari muzi ko binashoboka ko impunzi iba dogiteri?’’

Munyaneza yagize amanota ya mbere asoza umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye akomereza amasomo muri UR nk’uko yabyifuzaga kuva kera, ubu ari gusoza mu cyiciro cya kabiri mu bijyanye n’ubuvuzi no kubaga (Medicine and Surgery).

Yibukije urubyiruko rw’impunzi n’abandi muri rusange ko kuba mu buhungiro bidasobanuye kureka inzozi zawe, abibutsa ko kugira intego n’umuhate biri mu bibabashisha kuzigira impamo.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) mu Rwanda, Ndèye Aissatou Masseck Ndiaye, na we yibukije abitabiriye ibi birori ko impunzi ari bantu nk’abandi kandi ko bashoboye, bityo ko umuryango mugari udakwiye kubarebera mu ndorerwamo y’ubuhunzi ahubwo ukwiye kubaha umwanya bakagira uruhare mu iterambere rusange.

Ati ‘‘Turabizi ko ikibazo cy’impunzi kitagiye kurangira ejo, reka turebe ku mahirwe ahari, ibihugu byashyizeho politiki zidufasha kubikora. Nabo ni ibiremwamuntu hari ibikorwa bagiramo uruhare, ni ukuri bifitemo ubushobozi bukenewe’’.

Aissatou kandi yavuze ko uburyo bwa mbere bwiza bwo kwita ku mpunzi ari ukugarura amahoro mu bihugu zaturutsemo byatekana zikabasha gusubira kuri gakondo zayo igihe zibishaka, asaba ibyo bihugu guhosha intambara n’ibindi byatumye abenegihugu babyo bahunga.

Kugeza ubu mu Rwanda hari impunzi 133.062 zaturutse mu bihugu bitandukanye, 61.3% zavuye muri RDC, 38.1% zituruka mu Burundi, 91% muri abo bose bakaba baba mu nkambi.

U Rwanda rwashyizeho zimwe muri gahunda zitandukanye ziha impunzi kugira uburenganzira nk’ubw’abandi baturarwanda, aho zivuza, zikitabira amashuri mu byiciro byose, zigahatana n’abandi ku isoko ry’umurimo ndetse n’andi mahirwe atandukanye.

Mu biganiro byatangiwe muri ibi birori hanagarutswe ku gushimira uruhare rw'u Rwanda mu guha uburenganzira impunzi zikabasha kwiga, kwivuza no kubona akazi nk'abandi baturarwanda
Munyaneza Jackson uri kurangiriza amasomo ye muri Kaminuza y'u Rwanda, yatanze ubuhamya bw'uko ubuhunzi butamuteye kureka inzozi ze zo kuzaba dogiteri akabasha kubaga no kuvura abantu
Umuyobozi wa UNHCR mu Rwanda, Ndèye Aissatou Masseck Ndiaye, yasabye umuryango mugari guha impunzi amahirwe arimo akazi, kuko na bo bafite ubushobozi n'inararibonye bwo gukora kandi neza
Hakizimana Partait uba mu Nkambi ya Mahama wavuye mu Burundi, yatanze ubuhamya bw'ubuzima bushariye bwamugize impunzi, ariko ko bitamuciye intege ubu akaba ari umukinnyi ukomeye wa Taekwondo
Nduwimana Christian wahungiye mu Rwanda avuye mu Burundi mu 2015, yatanze ubuhamya bw'uko yabanje kwikorera imizigo ngo atunge umuryango we, ubu akaba afotora bya kinyamwuga
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange, asura ibikorwa bitandukanye byagizwemo uruhare n'impunzi
Impunzi zo mu Rwanda zikora uko zishoboye ngo zihangire imirimo yo kuziteza imbere
Impunzi zitandukanye zagize umwanya wo kumurika ibyo zimaze kugeraho mu kwiteza imbere
Insanganyamatsiko y'uyu mwaka yagarukaga ku guha icyizere impunzi n'ubwo ziri kure y'iwabo
Mu bitabiriye imurikabikorwa harimo n'abanyabugeni
Mu mpunzi zitabiriye ibi birori harimo n'abanyabugeni bagaragaje ibihangano byabo
Impunzi zo mu Rwanda zikora uko zishoboye ngo ziteze imbere

Amafoto: Iturize Gisèle Marie Clémence


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages