00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imurikagurisha mpuzamahanga ryasojwe hishimirwa ko ryahuriranye n’intsinzi ya Perezida Kagame

Yanditswe na Ferdinand Maniraguha
Kuya 6 September 2017 saa 08:13
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Vincent Munyeshyaka, yasoje ku mugaragaro imurikagurisha ryari rimaze ibyumweru bibiri ribera mu Rwanda, avuga ko ryabaye iridasanzwe kuko ryahuriranye n’igihe Abanyarwanda bishimira intsinzi ya Perezida Kagame wongeye gutorerwa kuyobora igihugu mu myaka irindwi iri imbere.

Iri murikagurisha (Expo) ryari rimaze iminsi ribera ahazwi nko kuri Expo Ground i Gikondo mu Karere ka Kicukiro. Uyu mwaka ryari riri kuba ku nshuro ya 20.

Ubwo ryasozwaga kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 6 Nzeri 2017, Minisitiri Munyeshyaka, yavuze ko ryaje igihe cyiza kuko ryasanze Abanyarwanda bamaze guhitamo umuyobozi uzabafasha kubaka u Rwanda bifuza.

Yagize ati “Iri murikagurisha ryaje igihe cyiza kuko ryaje turi kwizihiza intsinzi ya Perezida w’u Rwanda uzadufasha gukomeza kubaka igihugu twifuza.”

Munyeshyaka yakomeje avuga ko iri murikagurisha ryagaragaje umwihariko wo kwitabirwa cyane ndetse no kumurika udushya haba mu bukorikori no mu ikoranabuhanga.

Yavuze ko ari iby’agaciro gushyigikira abahanga udushya cyane cyane abateza imbere ibikorerwa mu Rwanda.

Yagize ati “Ni ngombwa ko dushyigikira bino bikorwa bituma duteza imbere ibikorerwa iwacu, bikazadufasha kongera umusaruro no kubona byinshi twohereza mu mahanga.”

Yavuze ko Leta izakomeza gufasha Abanyarwanda bari kugaragaza udushya mu bikorerwa mu Rwanda, iborohereza kwitabira amamurikagurisha abera mu mahanga ndetse no kubafasha kugurisha ibyo bakora hanze y’u Rwanda.

Imurikagurisha ry’uyu mwaka ryitabiriwe n’ibigo bimurika 433, birimo ibyo mu Rwanda 289, ibyo muri Afurika 94 naho ibyo ku yindi migabane ni 50.

Umuyobozi Mukuru w’Urugaga rw’Abikorera (PSF), Gasamagera Benjamin, yabwiye IGIHE ko iri mukagurisha ryagaragayemo imitegurire myiza ugereranyije n’andi yabaye mbere yaryo.

Yagize ati “Imyaka 20 ni urugendo twagenze kandi twigiyemo byinshi. Uyu mwaka hari byinshi twagiye dukosora mu mitegurire. N’abamurika ubwabo haba abo mu Rwanda n’abo hanze uyu mwaka bagaragaje urwego rushimishije mu gutegura no kumurika ibikorwa byabo.”

Gasamagera yavuze ko umutekano wo mu imurikagurisha wari ucunzwe neza ku buryo nta bikorwa by’ubujura byagaragayemo ndetse na bake babigerageje ngo barafashwe.

Urugaga rw’Abikorera rwatangaje ko nibura mu minsi y’imibyizi hazaga abantu bari hagati y’ibihumbi 12 na 15 ku munsi naho mu mpera z’icyumweru hakaza abari hagati y’ibihumbi 25 na 35.

Umuhango wo gusoza Expo ya 2017 witabiriwe n'abantu batandukanye
Umuyobozi Mukuru w'Urugaga rw'Abikorera, Gasamagera Benjamin na Havugimana Francine mu birori byo gusoza Expo yabaga ku nshuro ya 20
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Vincent Munyeshyaka, yasoje ku mugaragaro imurikagurisha mpuzamahanga rimaze ibyumweru bibiri ribera mu Rwanda
Sina Gerard uzwi ku izina rya Nyirangarama (hagati) yitabiriye isozwa ry'imurikagurisha mpuzamahanga
Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA), Richard Tusabe n' Umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, ACP Rutikanga Rogers
Umuyobozi Mukuru wa PSF, Gasamagera Benjamin, yavuze ko iri mukagurisha ryagaragayemo imitegurire myiza ugereranyije n’ayabaye mbere yaryo
Man Martin asusurutsa abitabiriye isozwa rya Expo
Ibigo byitwaye neza muri Expo byahawe ibihembo by'ishimwe
Ku munsi wa nyuma abantu bari bakigana ahabera imurikagurisha
Tecno mu bigo Nyarwanda byamuritse ibicuruzwa na serivisi batanga

Amafoto: Moses Niyonzima


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages