00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indi mpanuka yakomerekeyemo abantu barindwi i Kamonyi

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 30 December 2023 saa 12:42
Yasuwe :

Ikamyo ifite pulake yo muri Uganda yerekezaga mu Ntara y’Amajyepfo, yabuze feri ubwo yari igeze mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, igonga Coaster yari iyiri imbere abantu barindwi bakomereka mu buryo bukomeye.

Iyi mpanuka yabereye mu Kagari ka Nkingo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Ukuboza 2023.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yabwiye IGIHE ko nta muntu waguye muri iyi mpanuka, usibye abakomeretse.

Yagize ati “ Nibyo habaye impanuka y’ikamyo yagonze Coaster yajyaga i Ngororero ivuye i Kigali, habaye kubura feri irayigonga kuko yari iyiri inyuma biri mu cyerekezo kimwe ibura iko igenzura umuvuduko.”

Abantu barindwi bakomeretse bahise bahabwa ubutabazi bwihuse.

Yasabye abashoferi kwirinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha, kugenzura ibinyabiziga byabo no kugabanya umuvuduko no kwirinda kubisikanira ahadakwiriye.

Iyi kamyo yacitse feri igonga imodoka yari imbere yayo
Camera igenzura umuvuduko nayo yangiritse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages