Kuri uyu wa kane tariki ya 20 Kanama 2015, mu mupira w’amaguru, ikipe ihagarariye ingabo z’u Rwanda yatsinze ihagarariye iz’u Burundi (Muzinga) ibitego 3-2, mu gihe muri Basketball ho, ikipe ya RDF yatsinze iya UPDF (Uganda) amanota 54-52, yongera gutsinda Tanzania ku manota 81-65.
Kuwa Kabiri w’iki cyumweru ubwo hakinwaga umunsi wa gatatu w’iyi mikino ihuza abasirikare bo muri Afurika y’Iburasirazuba iri kubera muri Uganda, mu mupira w’amaguru, Kenya yari yatsinze u Burundi ibitego 3-0, uyu mukino ukurikirwa n’uw’u Rwanda rwatsinzemo Tanzania ibitego 2-1.
Ibyo bitego byombi byari byatsinzwe na Rutanga Eric ukinira APR FC nka myugariro ku ruhande rw’ibumoso.
Mu mupira w’amaguru ingabo z’u Rwanda zatsinze iz’u Burundi ibitego (3-2), iba intsinzi ya kabiri mu mikino itatu, aho zari zarahereye kuri Tanzania ziyitsinda ibitego 2-1, zikanganya na Kenya 0-0, mu gihe zitegura guhangana na UPDF.
Muri Handball ingabo z’u Rwanda RDF zatsinze UPDF ya Uganda ibitego 28-26 zitsindwa bigoranya na Tanzania ibitego 27-25 mu gihe muri Netball mu bagore, RDF imikino ibiri ya mbere, aho yatsinzwe na Uganda amanota 77-10 rusubirwa na Tanzania ku manota 16-59.
Mu gusiganwa ku maguru mu misozi (Cross Country) u Rwanda rwegukanya umwanya wa gatatu haba mu bagore basiganwaga ibirometero 8 ndetse no mu bagabo basiganwaga ibirometero 12.
U Rwanda ruzakina umukino wa nyuma na Uganda, ku Cyumweru, tariki ya 23 Kanama 2015.
Iyi mikino iri kuba ku nshuro ya cyenda igamije ubusabane bw’ingabo zigize uyu muryango yafunguwe kuri iki Cyumweru na Visi Perezida wa Uganda, Edward Ssekandi kuri sitade ya Namboole.
Ibihugu bitanu ni byo byitabiriye iyi mikino, ari byo Uganda yayakiriye, u Rwanda, Tanzania, Kenya n’u Burundi, bakaba bahatana mu mikino itanu: umupira w’amaguru, Basketball, Handball, Netball n’imikino ngororamubiri.
Imikino ya gisirikare ihuza ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba yashyizweho n’amasezerano yasinywe mu 1998 akavugururwa mu 2001. Aya masezerano y’ubufatanye yarimo guhana amahugurwa ya gisirikare, gusabana no kumurika imico y’ibihugu bigize uyu muryango.
Iyi mikino yabaye bwa mbere mu 2005 ikinirwa muri Uganda, Kenya mu 2006, Tanzania 2007, Uganda yongeye kuyakira mu 2008, ibera mu Rwanda mu 2009, Burundi mu 2011, Kenya mu 2013 iheruka yabereye muri Zanzibar 2014.



















TANGA IGITEKEREZO