00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingengabitekerezo ya Jenoside ni inzira iganisha ku rupfu – Dr. Ndushabandi

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 2 June 2026 saa 07:38
Yasuwe :

Umushakashatsi akaba n’Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr. Eric Ndushabandi yaburiye abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside ko bakwiriye gucira kuko birura, yibutsa ko izi ntekerezo kirimbuzi ari inzira iganisha ku rupfu.

Yabigarutseho mu kiganiro yatanze mu Ihuriro ry’Urubyiruko, Igihango cy’Urungano ryabaye ku wa 30 Gicurasi 2026.

Dr. Ndushabandi yasobanuriye urubyiruko ko ingengabitekerezo ya Jenoside atari nziza kubera ko iganisha ku rupfu, abasaba ko bakwiriye kuyirinda kuko ishobora kubagiraho ingaruka.

Ati “Rubyiruko muri aha, ingengabitekerezo ya Jenoside iganisha ku rupfu. Iyo bigana aho ngaho urazibukira. Urwo rupfu ruteye rute, uragwingira mu mitekerereze, ntabwo utera intambwe. Uba impumyi kandi ufunguye amaso kandi ntubona amahirwe ufite nk’igihugu.”

Yakomeje abwira urubyiruko ko iyo umuntu agize ingengabitekerezo ya Jenoside bimugira imbata yo gutuma adatera imbere ndetse ntabone iterambere ry’igihugu kubera ibitekerezo bitari byiza aba yarimitse cyangwa yarashyizwemo n’ababyeyi be bakiyifite.

Dr. Ndushabandi yibukije urubyiruko ko rukwiriye kwiga no gusobanukirwa amateka y’u Rwanda kubera ko mbere y’uko Abakoloni baza mu Rwanda ngo bazane amacakubiri ndetse n’ivangura Abanyarwanda babanaga neza.

Ati “Mu Rwanda twavugaga ururimi rumwe, twagiraga imyemerere imwe, Imana Rurema, Imana y’u Rwanda, tukagira ubuyobozi bw’i Bwami butangirira hejuru bukamanuka. Mu Rwanda twari dusangiye gupfa no gukira ndetse tunasangiye icyerekezo cy’igihugu.”

Ubwo Abakoloni bazaga mu Rwanda baje bifitemo ibitekerezo byo gutanya Abanyarwanda cyane ko ibyo babikoze binyuze mu nyandiko bari bafite ndetse n’inyigisho batangaga kuko babonaga ubumwe bwabo nk’imbogamizi ituma babona aho bamemera.

Abakoloni bazanye ingengabitekerezo mbi, Repubulika ya mbere n’iya Kabiri na zo zirayimakaza, Abatutsi baricwa, barahezwa bagirirwa nabi, baratwikirwa barameneshwa, kugeza mu 1994 ubwo umugambi karundura wa Jenoside yakorewe Abatutsi washyirwaga mu bikorwa, igahitana Abatutsi barenga miliyoni mu minsi 100.

Dr. Ndushabandi yagaragaje ko nyuma y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe mu Rwanda, ingengabitekerezo yayo yambutse igakomereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nubwo yari isanzwe iriyo.

Ati “Ingengabitekerezo iri hakurya hariya irafata Umututsi ikamugira ko ari we wakoze Jenoside, ibyo bintu byose bifite isasiro cyangwa ubutaka butoshye mu miyoborere ya kiriya gihugu duturanye. Mugomba kwitonda kuba igihugu gifite imiyoborere idahwitse muturanye bikubera umutwaro.”

Dr. Ndushabandi yabasabye ko bakwiriye kutizera ibyo babona byose ku mbuga nkoranyambaga kuko akenshi biba byuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Avuze ibi mu gihe muri RDC ibikorwa byibasira abaturage bavuga Ikinyarwanda cyane cyane bo mu bwoko bw’Abatutsi bikomeje gufata indi ntera, aho Leta ya RDC ifatanyije n’Ingabo z’u Burundi n’imitwe nka FDLR bakomeje kwica Abanye-Congo.

Iyi ni yo mpamvu umutwe wa M23 wahagurutse ngo urengere izi nzirakarengane nubwo hari ibihugu byirengagiza nkana impamvu aba Banye-Congo barwanira.

Dr. Eric Ndushabandi yagaragaje ko ingengabitekerezo iganisha ku rupfu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages