Ibi yabitangarije ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi k uwa 19 Werurwe 2024, ubwo we n’itsinda ayoboye ry’abayobozi bane muri BPS basuraga uru rwibutso bari kumwe n’abayobozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS.
Aba bayobozi basobanuriwe amateka y’u Rwanda by’umwihariko ahera mu gihe cy’ubukoloni n’uburyo ari bwo bwababaye umuzi wagejeje kuri Jenoside yakorewa Abatutsi mu 1994, igahitana abarenga miliyoni b’inzirakarengane.
Basobanuriwe kandi uburyo ingabo z’iyahoze ari RPA zabashije kubohora Igihugu no guhagarika Jenoside yari yirengagijwe n’amahanga.
Komiseri Mukuru wa BPS yavuze ko yashenguwe cyane n’amateka yiboneye u Rwanda rwanyuzemo.
Yagize ati “Ni ibintu biteye agahinda cyane mbonye. Nari narasomye ibijyanye na Jenoside […] ariko ibyo niboneye uyu munsi biragoye kwiyumvisha ko ibintu nka byo byaba byarigeze bibaho. Mu by’ukuri turashima Imana ishobora byose kuba Abanyarwanda barabashije kurokoka kandi bagakomeza kunga ubumwe nk’Igihugu kugeza aho tubabona uyu munsi.”
Yakomeje avuga ko “Ntibizongera ukundi! Turabona iterambere rifatika mu Banyarwanda, abantu bakomeje gutera intambwe kandi barafashanya. Ubwo nibwo buryo bwonyine buzakomeza kubateza imbere.”
Iri tsinda ryaturutse muri Botswana riri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda kuva kuri uyu wa 19 kugeza ku wa 21 Werurwe 2024.
Bari gusura ibikorwa binyuranye byaba ibijyanye n’amagororero ndetse n’ibibitse amateka u Rwanda rwanyuzemo. Mu byo bagomba gusura harimo Igororero rya Nyarugenege riri i Mageragere, abari abagororwa bamaze gusoza ibihano, ndetse banungurane ubunararibonye bw’imikorere ya RCS na BPS.
Uru ruzindukao kandi rugamije kwigira ku mikorere ya RCS hagamijwe ubufatanye bw’izi nzego zombi.
Ubuyobozi bwa RCS buvuga ko hitezwe ko uru ruzinduko ruzasiga hasinywe amasezerano hagati y’izi nzego harimo ayo kujya bahana amahugurwa ku bakozi bakoramo n’andi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!