Bikubiye mu bushakashatsi kuri Ruswa Nto mu Rwanda [Rwanda Bribery Index, RBI], bugaragaza uko ruswa ihagaze mu nzego zitandukanye muri uyu mwaka wa 2023.
RBI yagaragaje ko mu 2023, Abanyarwanda 22% bagana serivizi zitangwa n’inzego zitandukanye mu buryo bumwe cyangwa ubundi bahuye na ruswa. Ni ukuvuga ngo bashobora kuba barayisabwe cyangwa bo barasabye kuyitanga.
Ni imibare igaragaza igabanyuka rya 7.1% kuko mu 2022, abari barahuye na ruswa mu buryo bumwe cyangwa ubundi bari 29%. Transparency International Rwanda [TI Rwanda] isanga bigaragaza imbaraga zashyizwe mu kurwanya ruswa.
Ubushakashatsi kandi bugaragaza ko Urwego rw’Abikorera, PSF ndetse n’Urwego rushinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu inyungu, RURA, ari zo nzego ziza imbere mu kugaragaramo ruswa cyane.
Mu Rwego rw’Abikorera ruswa iri kuri 15.6%, aha bishatse kuvuga ko mu bantu 100 bagiye gusaba serivisi zitangwa n’abikorera, nibura abarenga 15 bafite ibyago byo kuba basabwa cyangwa batanga ruswa. Ni ko bimeze muri RURA ruswa iri ku kigero cya 13.8%.
Ruswa muri RURA yagiye izamuka uko imyaka igenda ishira kubera ko yari ku kigero cya 2.9% mu 2021, yiyongera igera kuri 6% mu 2022, ndetse na 13.8% igezeho mu 2023.
Abasabwe ruswa ntibatanga amakuru
Muri rusange Abanyarwanda basabwe ruswa bakayitanga mu 2023 ni 2.6% bavuye kuri 4.5% bariho mu 2022.
Mu Rwego rw’Abikorera, abasabwe ruswa bakanayitanga bari 9.6% mu 2023 mu gihe mu mashuri yisumbuye ho abasabwe ruswa bakanayitanga bari kuri 8.3%, aha byagiye bigaragara cyane mu bijyanye n’imitangire y’amasoko.
Mu bijyanye n’imyubakire idakurikije amategeko, kwagura cyangwa kuvugurura inzu mu duce igishushanyombonera kitabyemera naho hagaragayemo ruswa cyane mu gutanga ibyangombwa.
TI Rwanda yasanze ruswa muri ibyo byo gutanga ibyangombwa byo kubaka aho bitemewe iri ku kigero cya 52,4%.
Muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri mu Burezi bw’Ibanze bw’Imyaka 12, naho hagaragayemo ruswa iri ku kigero cya 25%.
Ubushakashatsi bwa RBI 2023 kandi bwagaragaje ko mu bakora ubucuruzi, nibura abantu 8% basabwe ruswa ndetse 5.1% muri bo birangira bayitanze. Ni ruswa bagiye basabwa n’inzego zitandukanye za leta bajya gusabamo serivisi.
Mu bacuruzi batanze ruswa, nibura 42.7% bayitanze kubera impamvu zifitanye isano n’ubucuruzi bakora.
Igiteye inkeke kuri ubu bushakashatsi, ni uko hakiri ikibazo gikomeye cy’abantu basabwa ruswa ntibatange amakuru ku nzego zishinzwe kiyirwanya. Ni ibintu TI-Rwanda igaragaza ko bibangamira urugamba rwo kurwanya ruswa.
Imibare yagaragaje ko abantu 94,2% basabwa ruswa batajya batanga amakuru. Bariyongereye cyane kuko mu 2022, bari ku kigero cya 87.5%.
Impamvu batanga ni izishingiye ku kuba uwatanze ruswa yumva bitari ngombwa ko atanga amakuru, abavuze gutyo ni 32% mu gihe abandi 21.3% bo baba bafite ubwoba.
Ku rundi ruhande ariko, abantu 15.4% bo bavuga ko iyo batanze amakuru ntacyo amazwa cyangwa ngo habeho guhana abayibasabye. Hari 11.5% baba bafite ubwoba bwo gutotezwa cyangwa kugirirwa nabi, naho abandi 4% bo ntibazi aho batanga amakuru.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!