00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

IPRC Kigali yinjije intore mu zindi hanamurikwa udushya mu ikoranabuhanga

Yanditswe na David Eugène Marshall
Kuya 27 October 2018 saa 04:16
Yasuwe :

Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro rya IPRC Kigali, kuri uyu wa Gatanu ryatangiye umwaka w’amashuri 2018/2019 ryinjiza intore mu zindi ari nako hanamurikwa imishinga yo guhanga udushya mu ikoranabuhanga.

Gutozwa intambwe y’intore, indangagaciro na kirazira bya Kinyarwanda no kumenyereza abanyeshuri bashya, ni akamenyero kuri IPRC Kigali, kuko buri uko umwaka w’amashuri utangiye bikorwa.

Abanyeshuri batangiye umwaka w’amashuri wa 2018/19 binjijwe ku mugaragaro mu Itorero rya IPRC Kigali ku mugaragaro, aho bashima ko mu cyumweru cyose ‘Induction Week’ bamaze batozwa bungutse byinshi.

Intore za IPRC Kigali zihamagarana ‘Kazubwenge’, zerekanye n’ubumenyi butandukanye burimo gusobanura imikorere y’akagare gashobora gutwara umuntu ufite ubumuga bw’ingingo hifashishijwe Application iri muri telefoni igendanwa.

Umwe muri ba Kazubwenge wari mu ntore zinjijwe mu zindi, Tuyisenge Sostène, wiga mu ishami ry’amashanyarazi asaba Leta y’u Rwanda kujya ibungabunga udushya abanyeshuri bavumbura ntibizabapfire ubusa.

Ati “Ubumenyi n’ubuhanga turabifite igikenewe ni uko Leta yadutera ingabo mu bitugu ngo ibyo dukora tukiri ku ishuri tubibyaze umusaruro, binateze imbere igihugu cyacu n’Isi yose muri rusange.”

Tuyisenge avuga ko Itorero ryamufashije kumva neza amateka y’u Rwanda, ndetse indangagaciro yahawe zikaba zizamufasha kuvamo umufundi mwiza.

Umuyobozi wa IPRC Kigali Eng. Mulindahabi Diogène avuga ko itorero ku banyeshuri bashya ryaciye umuco mubi wahozeho wo ‘kunnyuzura abanyeshuri’ babaga baje gutangira amashuri.

Uwo muco ngo watumaga baza bafite igihunga, ariko magingo aya baza biteguye gutozwa kubana neza na bagenzi babo, bakanigishwa gukunda igihugu no kumenyera hakiri kare ibijyanye n’amasomo baba bajemo.

Avuga ko ku bijyanye n’ibihangano by’abanyeshuri barimo gukora ubuvugizi kugira ngo nk’igare rikoreshwa telekomande ryakwifashishwa mu gutwara abafite ubumuga cyangwa abarwayi, ribe ryajya ku isoko.

Akandi gashya kamuritswe ni akuma kitwa ‘Smart Water Meter’ kazajya gafasha mu gucunga neza amazi hamwe umuntu ashobora kujya ku ivomo, agakoresha iryo koranabuhanga mu kuvoma amazi ajyanye n’amafaranga afite kabone n’ubwo uvomesha ataba ahari.

Intore zahamirije ziranashayaya
Berekanye ko mu karasisi badasobanya
Umuhango wo kwinjiza intore mu zindi muri IPRC Kigali witabiriwe n'abayobozi batandukanye
Tuyisenge Sostène, wiga mu ishami ry’amashanyarazi asaba Leta y’u Rwanda kujya ibungabunga udushya abanyeshuri bavumbura ntibizabapfire ubusa
Umuyobozi wa IPRC Kigali Eng. Mulindahabi Diogène avuga ko itorero ku banyeshuri bashya ryaciye umuco mubi wahozeho wo kunnyuzura
Akagare gashobora gutwara umuntu ufite ubumuga bw’ingingo hifashishijwe Application iri muri telefoni igendanwa

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages