Ni imbamutima bagaragaje ubwo abayobozi biyo banki bahuraga ndetse bagasangira n’abakiliya babo muri utwo turere, nk’uko basanzwe babigenza buri mwaka.
Ni na kimwe mu bikorwa byo kwizihiza imyaka 50 iyo banki imaze ikorera mu Rwanda.
Twagirayezu Pierre Célestin avuga ko BPR Bank Rwanda Plc yamubaye hafi mu myaka amaze akorana na yo, ndetse kuri ubu agiye kuzuza umuturirwa ibigizemo uruhare.
Ati “BPR Bank Rwanda Plc yampaye inguzanyo ndetse ngiye kuzuza inzu igeretse. Ni ho duhera dushima uruhare rwayo mu gufasha abaturage benshi kuvugurura Umujyi wa Rubavu.”
Nsengimana Epaphrodite utuye mu Karere ka Musanze, akaba umukiliya w’iyi banki unahagarariye abanyamigabane muri ako karere, avuga ko BPR Bank Rwanda Plc yamugiriye akamaro cyane, ndetse ikanamwubakira.
Ati “BPR Bank Rwanda Plc yatumye mva mu bukode, kuko yampaye inguzanyo muri 2001, mbasha kwiyuzuriza inzu yo guturamo . Yanamfashije kwishyurira amashuri abana.”
Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe Ubucuruzi muri BPR Bank Rwanda Plc, Shema Mugisha, yavuze ko na bo batakora neza badafite abafatanyabikorwa ari na yo mpamvu biyemeje kunoza serivisi batanga
Ati “Dufatanya mu gukora ibiri mu murongo w’igihugu, Leta ikangurira abaturage gukora ibikorwa bitandukanye byo kwiteza imbere, BPR Bank Rwanda Plc ikabafasha kubigeraho, binyuze mu nguzanyo.Ni ho natwe duhera dukorana n’abikorera, bakagira uruhare mu kuvugurura imijyi mu bice bitandukanye by’igihugu.”
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice yashimye uruhare rwa BPR Bank Rwanda Plc mu gufasha abanyamuryango bayo kugira uruhare mu kuvugurura Umujyi wa Musanze.
Ati “Imyaka 50 mukiri ubukombe, abo mwafashije gutera imbere ni benshi, mwatanze inguzanyo abantu babasha kubaka imiturirwa muri uyu Mujyi wa Musanze mu kuwuvugurura, kubaka amahoteli no gufasha iyi ntara gutera imbere.”
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yavuze ko igice kitarimo amafaranga kidatera imbere, yibutsa abanyamuryango ba BPR Bank Rwanda Plc kureba kure bagashora mu bikorwa binini biteganyijwe muri ako karere.
Ati “Dufatanye aka Karere tugapangire mu bikorwa by’iterambere binini, mu igenamigambi duhurire hamwe, bibafashe kugira amakuru amwe nk’ayo dufite, mukore mutere imbere n’Akarere kazamuke.”
Yibukije abayobozi ba BPR Bank Rwanda Plc ko bafite amahirwe atandukanye ariko gutangira kubaka inganda mu cyanya cyazigenewe muri aka Karere, no kuvugurura umujyi, n’ubucuruzi bukeneye amafaranga, abasaba kwegera abakiliya babo bakabaha amafaranga muri iyo mishanga.
Yavuze kandi ko abantu bakeneye kubaka no kuvugurura umujyi bakoresheje amafaranga ya banki, asaba BPR Bank Rwanda Plc kubafasha babaha inguzanyo zigonderwa buri wese akunguka.
BPR Bank Rwanda Plc igaragaza ko iyi gahunda yo kwegera no gusabana n’abakiliya bayo, iborohereza kumenya ibibazo bafite, bakabiganiraho ndetse bikabonerwa ibisubizo.
Igaragaza ko izakomeza kubafasha kwagura ibyo bakora kuko izaborohereza kubona inguzanyo zitandukanye ndetse zigonderwa.
Amafoto: Cyubahiro Key



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!