Ubu buryo kandi buzafasha abafatabuguzi ba ISPA, kumva imiziki ndetse no kureba amashusho atandukanye.
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru The New Times, Robert E. Rugema Busulwa, ushinzwe imenyekanisha rya ISPA, yatangaje ko ubu buryo bushya bagiye gushyiriraho abafatabuguzi babo, buzabafasha kureba imikino ya shampiyona zikomeye mu isi harimo n’iyo mu Bwongereza no kureba film zigezweho.
Robert E. Rugema Busulwa akomeza avuga ko ubu buryo bwageragejwe muri tumwe mu duce two mu Rwanda, bukaba bwaremeye gukora neza, mu minsi ya vuba abafatabuguzi babo bose bakaba batangira kubukoresha.
Yagize ati “Ubu turimo turagerageza ubu buryo, twahereye muri Kigali na zimwe mu ntara, bukaba bwaremeye gukora neza, icyo dusigaje ni ukubumurika ku mugaragaro.[…]”
Robert E. Rugema Busulwa, yabwiye ikinyamakuru The New Times ko Abanyarwanda muri iyi minsi bakeneye ikoranabuhanga kugira ngo batere imbere, bityo rero agashishikariza abanyarwanda kugura interneti ya ISPA, kuko bafite umuyoboro wayo wujuje ubuziranenge kandi uhendutse.
Ubuyobozi bwa ISPA buvuga ko bugamije gukwirakwiza umuyoboro wa interneti mu Rwanda hose, nyuma bakagura imbibi bakajya no gukorera mu bindi bihugu.
ISPA ni ikigo gicuruza interineti mu Rwanda, ku bigo bitandukanye n’abantu ku giti cyabo bakenera uyu muyoboro. Iki kigo cyatangiye gukora muri 2005, cyikaba kigamije gufasha abanyarwanda gutera imbere binyuze mu ikoranabuhanga.



















TANGA IGITEKEREZO