00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Itegeko rishya ry’ubutaka rigiye gutangira gushyirwa mu bikorwa

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 25 December 2023 saa 07:23
Yasuwe :

Guverinoma y’u Rwanda irateganya ko itegeko ryo ku wa 28 Ugushyingo 2023 rigenga imisoro ku butaka n’inyubako rizatangira gushyirwa mu bikorwa muri Gashyantare 2024.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi (MInecofin), Dr Ndagijimana Uzziel yasobanuye ko iri tegeko rizorohereza ba nyir’imitungo bari basanzwe bagorwa no kwishyura umusoro wari hagati y’amafaranga 0 na 300 kuri metero kare kuko wari mwinshi, nk’uko tubikesha The New Times.

Iby’uko uyu musoro wari mwinshi byanemejwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minecofin, Tusabe Richard, muri Kamena 2023 ubwo yaganiraga n’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Tusabe yagize ati “Icyagaragaye ni uko umusaruro wavaga mu mu misoro ku mitungo ntabwo wagabanutse ariko na none tugasanga ya 0-300Frw yari amafaranga menshi.”

Mu itegeko rishya, umusoro washyizwe hagati ya 0 Frw na 80 Frw kuri metero kare. Mu Mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi, by’umwihariko, wagabanyutseho hafi gatatu.

Abasabwa kwishyura imisoro ku mitungo y’ubutaka n’inzu bongerewe igihe cyo kwishyura ibirarane bafite bishingiye ku itegeko ryari risanzweho, kigera tariki ya 29 Gashyantare 2024.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages