00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kaboneka yasabye urubyiruko guhangana n’abavuga ko ibyo u Rwanda rwagezeho ari ‘photoshop’

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 12 June 2017 saa 09:03
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, yasabye urubyiruko kudapfusha ubusa amahirwe rwahawe, anarushishikariza gukomeza gusigasira ibyo igihugu cyagezeho ruhangana n’ababipfobya bifashishije imbuga nkoranyambaga.

Minisitiri Kaboneka yabigarutseho kuri iki Cyumweru, tariki ya 11 Kamena 2017, mu gikorwa cyateguwe na Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly cyo gushishikariza urubyiruko kuzitabira amatora no guhitamo umuyobozi ubereye u Rwanda. Cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Sigasira ibyagezweho, ukora nk’uwikorera.”

Ikibazo kiri mu bihangayikishije ni abapfobya ibyo igihugu cyagezeho bakoresheje imbuga nkoranyambaga dore ko ari naho usanga hahurira n’umubare mwinshi w’urubyiruko ruzikoresha mu buzima bwa buri munsi.

Kaboneka yeretse urubyiruko amahirwe akomeye rufite yo kuvukira mu gihugu cyiza abasaba guhangana n’abakivuga nabi.

Yagize ati “Mwe mufite amahirwe twe twari impunzi, kwiga byaratugoye cyane. Urubyiruko mufite amahirwe kubera inzego muhuriramo mugatanga ibitekerezo. Ibyo byiza mwagezeho mugomba kubisigasira mukamagana abirirwa ku mbuga nkoranyambaga bavuga ubusa ngo ibyagezweho ni ‘Photoshop’ bivuze ibyitirirano. Mugomba kubereka ko bihari, nk’uriya muhanda nabonye wa Kivu Belt ukawifotorezaho ukabaha ifoto bakabona ko uhari.”

Umuyobozi w’Ingabo mu turere twa Rubavu na Nyabihu, Col Kayumba Alexis, yagarutse ku rugendo rwe agaragaza uko yakuriye mu buhunzi akaza gutaha mu Rwanda yarotaga.

Yagize ati “Mu 1990 nari mu kigero cyanyu, naje nziko u Rwanda rutemba amata n’ubuki nkuko ababyeyi babitubwiraga ariko dutera aho kubibona nabonye urufaya rw’amasasu nibaza niba ariyo mata n’ubuki. Ubu nibwo ntangiye kubona ko mu Rwanda hari amata n’ubuki mpereye aho twavuye naho tugeze, nabonye impinduka.”

Miss Mutesi Jolly mu butumwa bwe yasabye urubyiruko gushishoza, mu bihe by’amatora bakaba maso ntibazashukwe.

Yagize ati “Rubyiruko bagenzi banjye nitwe mbaraga z’igihugu, nitwe twasenye igihugu ni natwe twakibohoye kandi nitwe turi kucyubaka. Nimumfashe dufatanye dusigasire ibyo twagezeho, ndabasaba kwirinda amagambo aryoshye y’abanyapolitiki mu gihe cy’amatora, uzatore uzaguha umutekano, uburezi n’imiyoborere myiza. Igihugu wifuza uzatore uzakiguha.’’

Miss Rwanda 2016 Mutesi Jolly ateganya kuzenguruka igihugu cyose mu bukangurambaga bugamije kwigisha urubyiruko uburere mboneragihugu by’umwihariko mu bihe u Rwanda rugiye kujya mu matora.

Ibi bikorwa bye yabitangiriye mu Karere ka Rubavu aho yari aherekejwe na Nyampinga w’u Rwanda 2017 Iradukunda Elsa.

Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Rubavu na Nyabihu, Colonel Kayumba Alexis, yagarutse ku rugendo rukomeye igihugu cyanyuzemo ahamya ko gisigaye gitemba amata n'ubuki
Guverineri Munyantwari aganira na Minisitiri Kaboneka Francis
Urubyiruko rw'i Rubavu rwasabwe kuzitabira amatora no guhitamo umuyobozi ubereye u Rwanda
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rubavu rwasabwe guhangana n'abapfobya ibyo u Rwanda rwagezeho bakoresheje imbuga nkoranyambaga
Abayobozi bitabiriye iki gikorwa bafashe umwanya wo kwidagadura
Uhereye iburyo: Miss Mutesi Jolly; Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Francis Kaboneka; Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa na Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse bishimana n'urubyiruko rwo mu Karere ka Rubavu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages