Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Nicolás Maduro byagarutse ku buryo ibibazo ibihugu bihura nabyo bishobora kubibera imbarutso y’urugendo rw’iterambere.
Banaganiriye kandi ku nzego zitandukanye ibihugu byombi bishobora gufatanyamo hagamijwe iterambere ry’ubukungu.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Venezuela byatangaje ko hashize igihe kinini hari ubufatanye n’u Rwanda mu ngeri zirimo uburezi, gutwara abantu, ubukerarugendo, umuco n’ibindi.
Perezida Maduro yanditse ku rukuta rwe rwa X [rwahoze rwitwa Twitter] ati “Turashaka gushimangira umubano hamwe n’ubuvandimwe yacu n’u Rwanda. Nishimiye kuba ngiye gukorana na Perezida Kagame mu guteza imbere ubufatanye bugamije iterambere ry’abaturage bacu. Umufatanyabikorwa mwiza.”
Estamos enfocados en la consolidación de los lazos de apoyo y hermandad con la hermana nación de Ruanda. Agradecido de poder trabajar con el Presidente Paul Kagame promoviendo el intercambio con miras al desarrollo de nuestros Pueblos ¡Gran aliado! pic.twitter.com/iRXSHNE0q2
— Nicolás Maduro (@NicolasMaduro) September 15, 2023
President Kagame had an engaging exchange with President Nicolás Maduro of Venezuela on the sidelines of the G77 + China Summit. They discussed the role of adversity in fueling the pursuit of development as well as various potential areas of bilateral and economic cooperation. pic.twitter.com/YrgVJsbpgh
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) September 15, 2023
Ibihugu byombi byatangiye kugirana umubano mu bya dipolomasi ku wa 18 Kanama 1981. Ku wa 7 Ukuboza 2010, Guverinoma zombi zasinyanye amasezerano yo gufatanya mu bikorwa byo guhana inama.
Amafoto: Village Urugwiro



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!