Kuwa 20 Nzeli, ku kibuga cya Kisarani, ikipe ya Gor Mahia yatsinze biyigoye Ushuru FC; Kagere Meddie akaba yafashije ikipe ye nyuma yo gutsinda igitego cya kabiri ku munota wa 44 ndetse n’icya gatatu ku munota wa 74.
Nyuma y’umukino, Frank Nuttall, umutoza wa Gor Mahia, yashimiye Kagere Meddie ku kuba yafashije ikipe gutsinda Ushuru FC, bagakatisha itike iberekeza muri kimwe cya 16.
Abouba Sibomana, umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, ntago yakinnye ku ruhande rwa Gor Mahia kubera ikibazo cy’imvune afite.
Karim Nizigiyimana wahoze akina muri Rayon sport yitwaye neza mu uyu mukino, kuko ari we wahaye umupira Kagere Meddie atsinda igitego cya kabiri n’umutwe.
Sofapaka ikinwamo na Fuadi Ndayisenga, Evariste Mutuyimana ndetse na Kanombe Afrodis, yasezerewe muri iri rushanwa nyuma gutsindwa na AP ku kibuga Ruaraka Stadium.
Umukino warangiye ari igitego kimwe kuri kimwe hitabazwa penalite; AP yinjiza penalite eshanu kuri eshatu za sofapaka.
Fuadi Ndayisenga yagize uruhare mu gitego cya Sofapaka kuko yahaye umupira John Baraza wagitsinze.
Uwahoze ari umunyezamu wa Kiyovu Sport, Evariste Mutuyimana, nawe yari yabanje mu kibuga ku ruhande rwa Sofapaka. Afordis Kanombe we yari ari ku ntebe y’abasimbura.
Gor Mahia izahura na Palos FC muri kimwe cya 16.



















TANGA IGITEKEREZO