Mu gitondo cyo kuwa Gatandatu tariki ya 9 Werurwe 2024,nibwo umurambo w’uyu musore wigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye kuri GS Kagugu, wagaragaye uri mu mugozi umanitse mu giti.
Amakuru agera ku IGIHE, avuga ko uyu musore yabaga kwa nyirakuru. Ngo hari umuntu wamuhamagaye mu gitondo amubwira ko amushaka ajya kumureba, ntiyongera kugaruka.
Ushinzwe Imibereho myiza n’Iterambere mu Kagari ka Kagugu, Mushimiyimana Jonathan,yabwiye IGIHE, ko bakeka ko uyu musore yaba yishwe.
Ati “ Urebye aho umurambo we wari uri, ubona ko mu ntambwe nkeya hari ahantu hagaragaraga ko hari ibimenyetso by’uko hari abandi bahakandagiye. Ikindi ubona ko umubiri we wariho icyuya afite n’amaraso ku munwa.”
Yongeyeho ko inzego zishinzwe umutekano zahise zita muri yombi abasore babiri barimo uwo bari bararanye.
Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku bitaro kugira ngo ukorerwe isuzuma.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!